00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Munyakazi Sadate mu mushinga wo gushinga irerero ry’umupira w’amaguru (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 28 January 2026 saa 11:31
Yasuwe :

Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports yatangaje ko agiye gushinga irerero ry’umupira w’amaguru akajya agurisha abakinnyi i Burayi.

Uyu mushoramari wayoboye Gikundiro hagati yo mu 2019 na 2020, yabigarutseho mu kiganiro IGIHE Sports Club.

Ubwo yari abajijwe niba atajya atekereza kuzagira ikipe ye nka KNC wa Gasogi United cyangwa Mudaheranwa Yusuf washinze Gorilla FC, Sadate yavuze ko yabitekereje ariko agatinda gufata umwanzuro wa nyuma.

Yagize ati “Ikipe y’abana nzayishinga pe. Impamvu nzajya mu bana ni uko nshaka amafaranga. Kandi ntabwo nzaba nderera APR cyangwa Rayon, Simba cyangwa Yanga. Intego yanjye ni i Burayi niyo nazajya ngurisha umukinnyi umwe cyangwa babiri.”

Yavuze ko ari ibintu yashatse gukora akiva muri Rayon Sports ariko ubu yumva yaramaze kubohoka bityo yabikora.

Ati “Ni ibintu nashatse gukora nkiva muri Rayon ariko umutima umbwira ko abantu bazabifata nko kwivumbura, mbigenza gake ariko ubu imyaka imaze gushira ngenda mbohoka”

“Nigeze no kubiganiraho n’umutoza umwe mu banyuze inaha birangira ntafashe umwanzuro wa nyuma ariko ubu ntegereje kiriya kibuga cyo kuri FERWAFA nicyuzura nzasabamo umwanya.”

Yagaragaje ko impamvu atazashinga ikipe nkuru yo guhangana mu Cyiciro cya Mbere ari uko ari umukunzi wa Rayon Sports.

Munyakazi Sadate yahishuye ko yifuza kuzashinga irerero akajya agurisha abakinnyi i Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages