Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 19 Nyakanga 2024, nibwo ubuyobozi bwa Musanze FC bwatangaje ko abakinnyi bayo bane bagomba kugumana nayo mu mwaka utaha w’imikino.
Ntijyinama Patrick ‘Mbogamizi’ ari nawe kapiteni w’iyi kipe yahawe amasezerano y’imyaka ibiri ndetse umunyezamu Ntaribi Steven na Salomon Adeyinka nabo bakaba ariyo bahawe.
Myugariro Muhire Anicet uri mu bakinnyi bafashije cyane Musanze FC mu mwaka ushize yahawe imyaka itatu ari umukinnyi wayo kugeza mu 2027.
Iyi kipe yo mu Ntara y’Amajyaruguru yongereye amasezerano aba bakinnyi nyuma yo gutandukana n’abarimo Muhawenayo Gad, Manzi Aimable, Aime Djicka Gassissou na Ebode Bertrand.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!