Rutahizamu wa Croatia Mario Mandžukić yatsinze ibitego 2 muri 4 batsinze Cameroun mbere y’aho Alexandre Song amukubita inkokora agahabwa ikarita y’umutku, iyi kipe yari ihagarariye Afurika yahise isezererwa.
Aba bakinnyi bari bagiye muri Brazil mbere yo kwigaragambya basaba agahimbazamusyi bashobora gutaha nta mukino batsinze nyuma yo gutsindwa na Mexique ku mukino ubanza, bazasoreza kuri Brazil izaba ishaka itike ya 1/8.
Ku munotwa wa 11, Ivica Olić yatsindiye Croatia igitego cya mbere.
Mbere yo kujya kuruhuka, Song yakoreye ikosa ritari rikenewe kuri Mandžukić, umusifuzi Pedro Proença amuha ikarita y’umutuku.
Ivan Perisic yinjije igitego cya kabiri ku munota wa 3 w’igice cya kabiri ku mupira wari ugaruwe nabi n’umunyezamu wa Cameroun, Charles Itanje.
Danijel Pranjić yaje gutera koroneri ku munota wa 61, umupira usanga Mandžukić uhagaze wenyine atsinda igitego cy’umutwe, waje kongeramo agashinguracumu ku munota wa 73.
Cameroun yabonye amahirwe menshi ariko imipira bakayita kure gusa ku munota wa 82, Achille Webo yateye umupira wakubise umutambiko w’izamu.
Uyu mukino wasojwe n’ubwumvikane bucye bw’abakinnyi ba Cameroun, Moukandjo na Assou-Ekotto.
Cameroun yabaye ikipe ya mbere itsinzwe imikino 6 ikurikirana y’igikombe cy’Isi haherukaga El Salvador mu 1982.
Mandžukić yabaye umunya Croatia wa mbere utsinze ibitego bibiri mu mukino umwe w’igikombe cy’Isi.



















TANGA IGITEKEREZO