00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nacho Fernandez yatandukanye na Real Madrid yari amazemo imyaka 26

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 25 June 2024 saa 05:27
Yasuwe :

Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne yemeje ko yatandukanye na myugariro wari Kapiteni wayo, Nacho Fernandez, ugiye muri Qatar nyuma yo gukina imyaka 12 mu Ikipe Nkuru.

Mu itangazo bashyize ahagaragara, Real Madrid yavuze ko ishimira Nacho ku bihe yagiranye n’iyi kipe aho azahora ari umwe mu banyabigwi b’iyi kipe irusha izindi ibigwi muri ruhago ku ruhando mpuzamahanga.

Nacho yageze muri Real Madrid mu 2001, ubwo yari afite imyaka 10 y’amavuko. Uyu yakinnye mu byiciro bitandukanye by’amakipe y’abato mbere yo kujya mu Ikipe Nkuru mu 2012.

Muri iyi myaka 13 yari ishize akinira Ikipe Nkuru, Nacho yakinnyemo imikino 364, atwara ibikombe 26 birimo bitandatu bya Champions League, bitanu by’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe, bine biruta ibindi i Burayi, bine bya Shampiyona, bibiri by’Igikombe cy’Umwami na bitanu biruta ibindi muri Espagne.

José Ignacio Fernández Iglesias uzwi nka Nacho yanatwaranye Igikombe cy’u Burayi na Espagne y’Abatarengeje imyaka 21, atwara Nations League iheruka ndetse kuri ubu akaba ari kumwe n’Ikipe y’Igihugu iri mu Gikombe cy’u Burayi mu Budage.

Uyu uheruka gutwarana na Real Madrid Igikombe cya Champions League, ni umwe mu bakinnyi batandatu bonyine bamaze kwegukana iri rushanwa inshuro esheshatu aho ari na we watwaye ibikombe byinshi mu mateka ya Real Madrid.

Amakuru akaba avuga ko Nacho agiye kwerekeza muri Arabia Saoudite mu ikipe ya Al-Qadsiah iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere.

Nacho yatwaye ibikombe 26 mu myaka 12 amaze mu ikipe ya mbere
Uyu wari Kapiteni wa Real Madrid aheruka kwegukana Champions League yakuye i Wembley

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages