Uyu mukinnyi mushya yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki 28 Kamena 2024 aho yerekeje muri Mukura y’i Huye.
Mu ijambo rye, Abdul yavuze ko yishimiye cyane kwerekeza muri Mukura nubwo nta byinshi ayiziho ndetse n’umupira w’u Rwanda muri rusange.
Yagize ati “Ndishimye cyane kuba ndi hano. Nta byinshi navuga gusa twarangije kumvikana gusa ibirambuye nzabigarukaho ubutaha. Ntanakimwe nzi kuri Mukura ndetse n’umupira w’u Rwanda.”
Uyu mukinnyi yavuze ko yifuzwaga n’amakipe menshi arimo nayo mu Rwanda ariko umutima we umwerekeza muri Mukura.
Ati “Navuganye n’amakipe menshi arimo nayo mu Rwanda ariko nakurikiye umutima wanjye niyo mpamvu nahisemo Mukura. Navukiye ndetse nkurira muri Ghana. Nahisemo kuhava nza mu Rwanda kuko burya rimwe na rimwe biba byiza iyo uhinduye ibikuzengurutse (Environment).”
Abdul uvuga ko akinisha amaguru yombi yari asanzwe ari Kapiteni wa Dreams FC y’iwabo muri Ghana yasoje shampiyona iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 48 mu makipe 18 akina iyi shampiyona.
Mu Mikino Nyafurika, Dreams FC yasezerewe muri ½ cya CAF Confederations Cup Dreams FC ikuwemo na Zamalek yaje no kwegukana igikombe.
Abdul Jalilu yabaye umukinnyi wa gatatu Mukura yaguze muri iyi mpeshyi nyuma ya Niyonizeye Fred na Jordan Nzau Ndimbumba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!