Uyu mukinnyi w’imyaka 23 usanzwe ari nawe nimero ya mbere mu Ikipe y’Igihugu yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Gikundiro ku wa Kane, tariki 4 Nyakanga 2024.
Ndakimana yiyongereye ku bandi bakinnyi iyi kipe iheruka kongerera amasezerano y’imyaka ibiri aribo Uwase Andersène na Mukantaganira Josélyne bakina mu bwugarizi.
Ni umwaka wa gatatu Rayon Sports y’Abagore ibayeho ariko buri mwaka igenda igaragaza imbaraga zikomeye. Mu ushize w’imikino yegukanye Igikombe cya Shampiyona n’icy’Amahoro mu mwaka wayo wa mbere mu Cyiciro cya Mbere.
Rayon Sports izatangira kwitegura umwaka mushya w’imikino ku wa Gatanu, tariki 5 Nyakanga 2024 aho igomba no kuzahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League izabera muri Ethiopia muri Kanama.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!