Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Kamena 2026, ni bwo Afurika y’Epfo yakinnye umukino wa nyuma mu Itsinda A ry’Igikombe cy’Isi warangiye itsinze Koreya y’Epfo igitego 1-0.
Ni igitego cyahesheje iyi kipe iri mu zihagarariye Afurika kugira amanota ane, ihita ikomeza muri 1/16, aho izakina na Canada.
Ni intsinzi yashimishije abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, wifashishije urubuga rwe rwa X, agira ati “Nyuma yo gutangira bigoranye, no guhangana na buri kimwe, Bafana Bafana ya Afurika y’Epfo byarangiye ibikoze.”
Afurika y’Epfo izakina na Canada ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, mu mukino uzabera kuri Los Angeles Stadium. Ni umukino utazagaragaramo Themba Zwane wahawe ikarita itukura, mu gihe uzagaragaramo Teboho Mokoena wasibye umukino w’uyu munsi.
Nduhungirehe aherutse kugirira uruzinduko muri Afurika y’Epfo ku butumire bwa mugenzi we, Ronald Lamola, ibica amarenga ko umubano w’ibihugu byombi ushobora kongera kuzahuka nyuma y’imyaka irenga 12 bidacana uwaka.
After a rocky start and against all odds, the @BafanaBafana of South Africa finally made it💪🏾👊🏾!
🇿🇦🇿🇦🇿🇦@FIFAWorldCup https://t.co/DYm1COtfLW
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) June 25, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!