Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Gashyantare 2026, ni bwo uyu munyamakuru yashyize ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa busezera kuri Rayon Sports yari abereye umukozi.
Ngabo Roben yagaragaje ko kuva muri iyi kipe ari umwanzuro yafashe nyuma y’uko ubuyobozi bwayo buhinduye imikorera idahuye n’uburyo yakoragamo.
Ati “Mu marangamutima avanze, nsezeye ku ikipe nakoreye nishimye mu gihe cy’imyaka itandatu [kuva 2018 kugeza 2020 no kuva 2023-2026] nk’ushinzwe itumanaho. Abo twakoranye rwari urugendo rwiza.”
“Turi kumwe, twubatse imbuga turazizamura dukurikirwa n’abarenga 440.000 kuri X, Instagram na YouTube, ibintu nzahora ntewe ishema na byo. Ariko mu minsi yashize byari ibihe bikomeye kuko ubuyobozi bwahisemo indi nzira itandukanye. Nubashye umwanzuro wabo, ngenda mfite umunezero n’urwibutso rwiza.”
Ngabo yongeyeho ko yifuriza ibyiza mu bihe biri imbere, ndetse akaba agiye gukomeza kwita ku zindi nshingano ze zirimo kuba umunyamakuru w’imikino kuri Radio/TV10.
Uyu munyamakuru bivugwa ko atahuzaga n’ubuyobozi bwa Rayon Sports buriho, yayikoreye nk’ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho, aba umunyamakuru wayo mu kiganiro Rayon Time kinyura ku Isango Star, anayibera n’Umuvugizi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!