00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni iki cyatumye Rayon Sports isimbuzwa Police FC ku mukino wo gufungura Stade Amahoro?

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 29 June 2024 saa 11:47
Yasuwe :

Kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Nyakanga 2024, ni bwo Stade Amahoro izaba ifungurwa ku mugaragaro hakinwa umukino wa gicuti hagati ya APR FC yegukanye Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere na Police FC yatwaye Igikombe cy’Amahoro.

Ibi bigwi aya makipe yombi yagize mu mwaka wa Shampiyona ushize ubundi byari bihagije ngo byumvikane impamvu ari yo makipe yatoranyijwe gufungura ku mugaragaro iyi Stade iri mu nziza muri aka Karere u Rwanda ruherereyemo.

Aha ariko, Amakuru IGIHE ifite ni uko ku ikubitiro abateguye uyu mukino bari babanje gusaba ko hakinwa umukino wa Rayon Sports na APR FC ndetse amakipe yombi aza no kubyemera nk’uko bari banabitwemereye.

Ubwo hari hatangiwe gushakishwa abakinnyi bakinira Rayon Sports kuri uwo mukino, amakuru avuga ko ubuyobozi bw’ikipe bwashishoje busanga byagorana kuzuza ikipe ndetse no gukina nta myitozo, aho kugeza ubu bari bafite abakinnyi icyenda bonyine bafite amasezerano harimo bane bagenda bakina ku myanya imwe.

Rayon Sports yaje gusaba ko itakina kuko ititeguye nubwo bivugwa ko yari bunahabwe icyo yifuza cyose ngo igaragare kuri uyu mukino. Aha byarangiye hemejwe noneho ko uyu mukino uzahuza APR FC na Police FC imbere y’abayobozi bakuru b’igihugu n’abo mu nzego ziyobora umupira w’amaguru.

Muri Gashyantare 2022 ni bwo imirimo y’ibanze yo kubaka Stade Amahoro yatangiye, ariko ibikorwa nyir’izina bitangira muri Kanama uwo mwaka aho yubakwaga na Sosiyete ikomoka muri Turukiya yitwa Summa Rwanda JV ariko ifatanyije n’izindi zo mu Rwanda zirimo Real Contractors.

Stade Amahoro izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abagera ku bihumbi 45 baba bicaye neza, ahantu hatwikiriye.

Ni Stade iri ku rwego mpuzamahanga, iheruka kwemezwa n’inzobere zivuye muri CAF nyuma yo kuyisura zayishyize ku rwego rwo hejuru rw’ama stade yo kuri uyu Mugabane no ku Isi nzima, aho inujuje ibisabwa ngo ibe yakwakira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ndetse n’icy’Afurika, bivuze ko yanakwakira indi mikino yose mpuzamahanga.

Ubwo yasogongerwaga tariki ya 14 Kamena 2024, amakipe ya Rayon Sports na APR FC yatandukanye nta n’imwe ishoboye gutsinda igitego gifungura iki kibuga.

Stade Amahoro yakira abafana ibihumbi 45 bicaye neza
Rayon Sports yari yatekerejweho ku mukino wo kuwa mbere ariko nta myitozo nta n'abakinnyi ifite kuri ubu
Hitezwe nanone abakunzi benshi ba ruhago ku mukino wo kuri uyu wa Mbere
APR FC na Police ni zo zizafungura Stade Amahoro ku buryo bwemewe n'amategeko
Police FC yegukanye igikombe cy'Amahoro
APR FC ni yoyegukanye Shampiyona y'icyiciro cya mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages