00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni iki gikubiye mu masezerano FERWAFA yagiranye n’Ishyirahamwe rya Maroc?

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 23 June 2015 saa 06:43
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Burundi, Gambia na Burkina Faso basinye amasezerano y’ubufatanye n’irya Maroc agamije iterambere ry’umupira w’amaguru, gutegura imikino ya gicuti no guhana ubumenyi.

Ingingo nkuru zikubiye muri aya masezerano harimo gutegura imikino ya gicuti hagati y’u Rwanda na Maroc no gukorera mu gihugu kimwe muri ibi umwiherero ku ikipe y’igihugu, gufashanya gutegura ibikorwa bireba umupira w’amaguru no guhana amahugurwa ku batoza n’abayobozi.

Aganira n’ikinyamakuru Lemag, Fouzi Lekjaa, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc yavuze ko iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika risaba ubumwe n’ubufatanye ariyo mpamvu bakoranye n’ibihugu bine.

Yagize ati “ Maroc yifuje gukorana n’ibi bihugu bigaragaza ko byifuza gutera imbere mu mupira w’amaguru hasaranganywa imbaraga zihari.”

IGIHE.com yamenye ko igihe Amavubi yashaka gukorera umwiherero cyangwa gukina umukino wa gicuti muri Maroc, iki gihugu cyakishyura ibyangombwa bakenera bagezeyo kimwe n’igihe nabo baza mu Rwanda.

Ibi byatangiye mu 2014, ubwo Amavubi yakinaga umukino wa gicuti na Maroc banganyije 0-0.

Nzamwita Vince, umuyobozi wa FERWAFA na Fouzi Lekjaa wa FRMF basinya amasezerano
Abayobozi b'amashyirahamwe y'imikino muri Gambia, Burundi, Maroc, Burkina Faso n'u Rwanda nyuma yo gusinya amasezerano y'ubufatanye

Ku bijyanye no guhana ubumenyi, aya masezerano avuga ko buri mwaka abatoza batanu bo mu Rwanda bazajya bakorera amahugurwa muri Maroc ndetse bahugure n’abayobozi batanu baba FERWAFA cyangwa ab’amakipe ku miyoborere.

Maroc nka kimwe mu bihugu bimaze gutera imbere mu buvuzi bw’abakinnyi yemeye ko mu mwaka bazajya bavura abakinnyi batanu b’Abanyarwanda.

Abakinnyi bazajya batoranywa bavunikiye mu makipe yabo bazajya bishyurirwa amatike n’amakipe bakinira naho abo mu ikipe y’igihugu bishyurirwe na Minisiteri y’umuco na siporo.

Nyuma y’aho Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc risinyanye amasezerano y’imyaka 10 n’uruganda rukora ibibuga bifite ubwatsi bw’ubukorano yo kubaka ibibuga 22, FERWAFA yasabye ko bakubaka kimwe mu Rwanda.

Nzamwita Vincent, umuyobozi wa FERWAFA avuga ko basabye ko bashyira ikibuga kimwe mu Rwanda mu gace gafite ubutumburuke ku buryo amakipe yo muri Maroc yaba aje gukina mu karere yajya agikoresha yitoza.

Yagize ati “ Twasabye ko baduha ikibuga kimwe cyajya mu gace k’ubutumburuke nka Gicumbi bafata nk’icyabo muri gihe baba bari kujya muri marushanwa mu karere.”

Nyuma y'umwaka avunitse, Ndoli wavurijwe muri Algeria yari mu izamu APR FC ibona itike ya 1/2 cy'igikombe cy'amahoro
Nyuma ya Algeria, abakinnyi batanu bazajya bavurirwa muri Maroc buri mwaka

Muri aya masezerano kandi Maroc yemereye FERWAFA kuyifasha mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu bana batanga ibikoresho.

Kugeza ubu mu Rwanda hatangiye shampiyona y’abatarengeje imyaka 15 aho amwe mu makipe adafite ibikoresho bihagije nk’imipira yo gukina n’imyenda.

Nubwo amwe masezerano asinywa hari ayatagaragaza umusaruro nk’ayo FERWAFA yigeze gusinyana n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Espagne gusa aya Algaria yasize abakinnyi batanu bavuwe.

Kuri ubu FERWAFA yasubukuye umubano n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Budage aho bamwe mu batoza barimo na Jimmy Gatete bahahugururiwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages