00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nibutse bwa mbere ariko ubu ndi umuhamya mwiza w’ibyabaye - Rutahizamu wa Bugesera FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 April 2024 saa 09:53
Yasuwe :

Rutahizamu wa Bugesera FC, Ani Elijah, ni umwe mu banyamahanga bakina mu Rwanda gusa yagaragaje ko ku nshuro ya mbere abonye amateka y’igihugu bimugira umuhamya mwiza w’ukuri kwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abanyarwanda ndetse n’inshuti zarwo bari mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igakoranwa ubugome ndengakamere ndetse igahitana abasaga miliyoni.

Ni muri urwo rwego aba-Sportifs batandukanye, bakomeje gutanga ubutumwa bujyanye n’ibi bihe cyane ko siporo ari imwe mu nzira zakoreshejwe mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda ndetse ikanabura inkingi za mwamba z’Abatutsi bari bayirimo.

Umunya-Nigeria, Ani Elijah, ni umwe mu bakinnyi bagize amahirwe yo kuba mu Rwanda mu gihe cy’icyumweru cyo Kwibuka gusa avuga ko hari isomo bimusigiye azatanga ahandi azagera.

Ati “Nibutse bwa mbere ariko ubu ndi umuhamya mwiza w’ibyabaye. Ibyo nabonye birakwereka kandi bikakumvisha neza ibyo igihugu cyanyuzemo. Buri wese ukwe afite isomo bimwigisha, njye ngiye gukoresha aya mahirwe nagize kugira ngo nsakaze ubumuntu n’uko twakomeza kubana mu mahoro.”

Uyu ni rutahizamu kandi yifuza gukomeza gukina mu Rwanda ndetse byaba na ngombwa akaba yahabwa amahirwe akabona ubwenegihugu bumwemerera no gukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Ani Elijah kugeza ubu ni we mukinnyi uyoboye abandi mu kwinjiza ibitego byinshi (14) muri Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wayo wa 26.

Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yunguye ubundi bumenyi Umunya-Nigeria, Ani Elijah, ukinira Bugesera FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages