Peter Odemwingie yatsindiye Nigeria igitego bakina na Bosnia Herzegovine kibaha icyizere cyo kubona itike ya 1/8 cy’irangiza, igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 16.
Odemwingie yatsinze iki gitego ku mupira yahawe na Emmanuel Emenike ku munota wa 29 nyuma y’aho abasifuzi banze icyari gitsinzwe na Eden Dzeko wa Bosnia ku munota wa 21 kuko yari yaraririye.
Ni igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi kuri Odemwingie, cya kabiri kuri Nigeria kuva mu 1998 ubwo Victor Ikpeba yatsindaga Bulgaria.
Nigeria yagerageje uburyo bugera kuri 40 imbere y’izamu rya Bosnia Herzegovine,inshuro nyinshi mu mukino umwe muri iki gikombe kiri gukinwa ku nshuro ya 20 muri Brazil.
Nyuma yo kuva i Kigali baguye miswi n’Amavubi muri Gashyantare 2012, Odemwingie ntiyongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu kubera kutumvikana n’umutoza Stephen Keshi.
Iki gitego gisize Nigeria ariyo kipe ya Afurika itsinze ibitego byinshi muri iyi mikino 18, irusha kimwe Cameroun.
Ni ubwa mbere mu gikombe cy’Isi, umukinnyi ukina muri shampiyona y’u Bwongereza atsinda umunyezamu bakinana mu ikipe imwe (club). Odemwingie na Asmir Begovic bakinana muri Stoke yo mu Bwongereza.
Umunyezamu wa Nigeria, Enyama n’uwa Mexique, Ochoa nibo bataratsindwa igitego nyuma y’imikino 29 imaze gutsindwamo ibitego 83.
Kugira ngo Nigeria ibone itike ya 1/8 ni uko Bosnia yanganya na Iran, nayo ikabona inota kuri Argentina.



















TANGA IGITEKEREZO