Nigeria yatwaye igikombe cy’Afurika 2013 yananiwe gutsinda Iran, banganya 0-0, ikaba imaze imikino 9 mu gikombe cy’Isi nta ntsinzi, ku mukino wa 13 w’igikombe cy’Isi 2014 nibwo hatabonetse intsinzi.
Nigeria yagumanye cyane umupira ariko irema amahirwe make yashoboraga kuvamo igitego, yinjiye mu mukino ishaka intsinzi ya mbere kuva mu 1998.
Iran yaje mu gikombe cy’Isi imaze imikino myinshi itinjijwe igitego yongeyeho undi mukino mbere yo gucakirana na Argentina ya Lionel Messi yatsinze Bosnia ibitego 2-1.
Nigeria, ikipe yitabiriye igikombe cy’Isi itsinze ibitego bike yashoboraga kubona intsinzi ku munota wa 70 ubwo Ahmed Musa yatsindaga igitego cyanzwe n’umusifuzi wo muri Equateur, Carlos Vera kuko Obi Mikel yakoreye ikosa ku munyezamu wa Iran, Alireza Haghighi.
Mu gice cya kabiri, umutoza wa Nigeria Stephen Keshi yakuyemo Victor Moses hinjira Shola Ameobi, Azeez asimburwa na Peter Odemwingie, bongereyemo amaraso ariko umukino urangira nta gitego, bakirwa n’abafana babo babakwena.
Umukino warangiye, Iran igerageje amahirwe rimwe gusa yo gutera mu izamu hatangwamo ikarita imwe y’umuhondo yahawe Umunya Iran, Teymourian.
Ni ku nshuro ya mbere kuva mu 1930, hashira imikino 12 haboneka intsinzi gusa.
Nigeria iheruka gutsinda mu gikombe cy’Isi cyo mu 1998, naho kunganya ni mu 2002 bakina n’u Bwongereza.
IMuri iri tsinda F, Nigeria izakina kuwa Gatandatu na Bosnia Herzegovina naho Argentina ikine na Iran.



















TANGA IGITEKEREZO