00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyonzima Olivier Seif yasubiye muri Rayon Sports

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 29 June 2024 saa 07:55
Yasuwe :

Niyonzima Olivier Seif wigeze kubica bigacika muri Rayon Sports, yamaze kugaruka muri Gikundiro n’ubundi yaherukaga gukinira mu myaka itanu ishize.

Uyu musore wakiniraga ikipe ya As Kigali, yashyize umukono ku masezerano y’umwaka umwe akinira ikipe ya Gikundiro, aho amakuru IGIHE ifite ari uko yahawe agera kuri miliyoni 14 Frw ngo yemere kongera kugaruka muri iyi kipe yaherukagamo mu myaka itanu ishize.

Seif yari amaze iminsi ari mu biganiro na Rayon Sports, ndetse yanagaragaye mu mukino w’Umuhuro mu Mahoro iyi kipe yahuriyemo na mukeba APR FC, gusa kuva ubwo ibiganiro byabaye nk’ibihagararaho gato aho impande zombi zitumvikanaga ku bijyanye n’amafaranga.

Uyu musore waje muri Rayon Sports muri 2015 avuye muri Isonga, ni umwe mu bafite ubunararibonye hano mu Rwanda dore ko uretse gukinira Ikipe y’Igihugu, yananyuze mu makipe ya APR FC na Kiyovu Sports mbere yo kugana muri AS Kigali.

Uyu akaba yinjiye ku rutonde rw’abakinnyi bamaze gusinyira Rayon Sports, nyuma ya Rukundo Abdul Rahman wavuye mu Amagaju FC, Richard Ndayishimiye yakuye muri Sunrise FC na Nshimiyimana Emmanuel ’Kabange’ wari Kapiteni wa Gorilla FC.

Seif yari amaze iminsi ari mu biganiro na Rayon Sports nyuma yo kubakinira ku mukino w'Umuhuro mu Mahoro
Kamba na Roho nkuko ajya yitwa, yasinye amasezerano y'umwaka umwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages