00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nizeyimana yongeye kuyobora Mukura VS, Nayandi aba Visi Perezida

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 26 July 2015 saa 06:20
Yasuwe :

Nayandi Abraham wigeze kuyobora Mukura VS yongeye gusubira muri komite nyobozi ari Visi Perezida naho Nizeyimana Olivier yongera gutorwa kuyobora iyi kipe imyaka ine.

Mukura VS yabonye ubuyobozi bushya mu nama y’inteko rusange yabaye kuri iki Cyumweru mu karere ka Huye aho banasuzumye umwaka w’imikino ushize, warangiye ari aba 10 muri shampiyona bategura utaha.

Abanyamuryango ba Mukura VS bongeye kugirira icyizere Nizeyimana Olivier maze Nayandi Abraham wayiyoboye inshuro ebyiri aba Visi Perezida.

Nayandi yabaye umuyobozi wa Mukura VS inshuro ebyiri mu 1999 no mu 2011.

Bamwe mu bagize komite nyobozi nshya ya Mukura VS mu nama rusange i Huye
Nizeyimana Olivier yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora Mukura VS indi myaka ine

Sheikh Habimana Hamdan yabaye umunyamabanga asimbura Ntakirutimana Emmanuel naho Baziramwabo Gervais wari visi perezida ajya muri Komite ngenzuzi hamwe na Rutaganira Methode.

Mutemberezi Samvura Paulin yatowe nk’umubitsi naho Irakabaho Jean Marie, Sadiki Moise na Habyarimana Charles nibo bagize komite nkemurampaka.

Iyi nteko rusange yatoye ingengo y’imari y’umwaka wa 2015-2016 ya miliyoni 143, 070,000 FRW arimo miliyoni 72 FRW azava mu karere ka Huye, umufatanyabikorwa mukuru.

Volcano Express izatanga 16,100,000 FRW mu gihe abakunzi b’iyi kipe yo mu majyepfo bazatanga miliyoni 3,200,000 FRW.

Ku Mumena: Inama ya bamwe mu bari bagize komite nyobozi ya Mukura VS bafata icyemezo cyo kwirukana Kayiranga Baptiste amaze gutsindwa na Marines

Muri iyi ngengo y’imari miliyoni 52,677,000 FRW ni iziteganyijwe ko zava kuri stade Huye ku mikino bakiriye no kwitanga kw’abakunzi ba Mukura VS.

Umwaka w’imikino wa 2014-2015 Mukura VS yakoresheje ingengo y’imari ya 110,910,000 FRW baba aba 10 muri shampiyona naho mu gikombe cy’Amahoro basezererwa muri 1/8 cy’irangiza na Gicumbi kuri penaliti.

Mukura VS yatangiye umwaka w’imikino 2014-2015 itozwa na Kayiranga Baptiste wirukanywe ku munsi wa gatandatu afite inota rimwe asimburwa na Okoko Godfroid.

Mu mikino 26 ya shampiyona yakinnye, Mukura VS yatsinze itandatu inganya 10 itsindwa 10.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages