Mu mukino wa Shampiyona y’u Bwongereza Manchester United yatsinzwemo na Manchester City ibitego 6-3 mu mpera z’icyumweru gishize, Ronaldo yicajwe ku ntebe k’abasimbura urangira adakandagiye mu kibuga.
Ni icyemezo cyongeye kuzamura amarangamutima ya benshi mu bakurikiranira hafi ibyo muri iyi kipe ndetse bivugwa ko uyu Munya-Portugal w’imyaka 37 atishimiye kuba i Manchester.
Mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’umukino wa Omonia Nicosia muri Europa League, Umutoza wa Manchester United, Erik ten Hag yavuze ko Ronaldo yishimye nubwo nta mwanya wo gukina ari kubona.
Yagize ati “Ibyo kutishima ntabyo mbona, arishimye rwose, ari kwitoza neza; buri umwe wese ari gukora imyitozo neza. Mu by’ukuri umwuka ni mwiza.”
Yakomeje ashimira umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, ku masomo yabigishije ku mukino uheruka kubahuza ndetse azatuma hari ibyo barushaho kunoza.
Yagize ati “Mu by’ukuri wari umunsi ukomeye. Pep na Man City mwarakoze ku masomo, tugiye kuyigiraho dutegura kwitwara neza ubutaha.”
Manchester United irakina na Omonia Nicosia saa 18:45 mu mukino wa gatatu w’amarushanwa yatwaye ibikombe by’ibihugu ku Mugabane w’u Burayi, Europa League.
Byitezwe ko Ronaldo ari bubanze mu kibuga ku nshuro ye ya kane muri uyu mwaka. Manchester United irakina idafite Raphael Varane, Harry Maguire, Donny Van de Beek na Aaron Wan-Bissaka bafite imvune.
Manchester United iri mu Itsinda E hamwe na Real Sociedad, Sheriff na Omonia. Ifite amanota atatu mu mikino ibiri imaze gukina.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!