00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma yo kubura igikombe, u Bufaransa bwakiriwe na Perezida Hollande (Amafoto)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 13 July 2016 saa 10:30
Yasuwe :

Abakinnyi n’abatoza bari bahagarariye u Bufaransa mu mikino ya Euro 2016 bakiriwe nk’intwari mu biro by’Umukuru w’Igihugu, François Hollande ndetse bahabwa icyubahiro n’abafana.

Umutoza Didier Deschamps n’abakinnyi bose b’u Bufaransa bageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Euro 2016 bagatsindwa igitego 1-0 na Portugal mu minota y’inyongera bakiriwe na François Hollande mu biro bye i Paris abashimira uko bitwaye n’ishema bahesheje igihugu nubwo batabashije gutwara igikombe.

Aba bakinnyi bari bagiye baherekejwe n’abagore babo babasezeraho mbere yo kwinjira mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu, Champs-Élysées, ahakomereje ibirori Hollande ashimira buri muntu wese wagize uruhare kugira ngo iyi kipe y’igihugu yakiniraga mu rugo ibashe kwitwara neza.

U Bufaransa bwasezereye u Budage muri ½ bwari bwizeye gutwara iki gikombe bufite inshuro ebyiri ariko ku mukino wa nyuma butsindwa na Portugal hitabajwe iminota 30 y’inyongera.

Rutahizamu ukinira ikipe ya Lille, Eder niwe watsindiye Portugal igitego cyatandukanyije impande zombi ku munota wa 109.

Ikipe y'u Bufaransa igeze imbere y'ingoro yUmukuru w'Igihugu izwi nka Champs-Élysées
Abakinnyi b'u Bufaransa binjira mu ngoro y'Umukuru w'Igihugu
Ikipe y'u Bufaransa na Perezida Hollande bafata ifoto y'urwibutso
Griezmann wabaye umukinnyi w'irushanwa(ibumoso), Perezida Hollande(hagati) na Dimitri Payet
Olivier Giroud asuhuza abafana mbere yo kwinjira mu biro by'Umukuru w'Igihugu
Griezmann n'akanayamuneza yasuhuje abafana bari hanze mbere yo kubonana na Perezida
Paul Pogba asuhuza abafana ubwo ikipe yavaga kuri hoteli yari icumbitsemo mu mujyi wa Paris
Koscielny na Cabaye basezera ku bafana
Umunyezamu Hugo Lorris asezera ku bafana ubwo yasohokaga muri hoteli
Bamwe mu bagore b'abakinnyi bari babukereye baje gushyigikira abakunzi babo
Ludivine Payet(umugore wa Dimitri Payet) na Camille wa Morgan Schneiderlin baherekeje abagabo babo ubwo bakirwaga na Perezida Hollande kuri uyu wa kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages