Okoko wagizwe Umutoza wa Espoir FC y’i Rusizi mu mpera za Mata nyuma y’uko yari imaze kwirukana Ndizeye Jimmy, amaze gutoza imikino ibiri harimo uwo yanganyije na Sunrise FC igitego 1-1 i Nyagatare na Marines FC banganyije 0-0 mu rugo akaba agomba gusura AS Kigali kuri uyu wa Mbere i Nyamirambo.
Mu kiganiro uyu mutoza wamenyekanye mu makipe nka Mukura VS na Gicumbi FC yatozaga mbere yo kujya muri Espoir FC mu kwezi gushize yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko atishimiye imyitwarire ya bamwe mu bakinnyi be by’umwihariko abiyumva ko bazi umupira kuko banga gukurikiza amabwiriza abahaye.
Yagize ati “Hari abakinnyi mbwira ibintu mu rwambariro ntibabishyire mu bikorwa mu kibuga.”
Yakomeje avuga ko azakinisha abakinnyi bashaka kumwumva. Ati “Mu mupira ntawe uri hejuru kuko twese dukorera hamwe niyo mpamvu ngomba kubashyira hanze kandi njyewe nta mukinnyi w’izina nzakinisha.”
Iyi kipe yari yitwaye neza umwaka ushize ikagera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ubu imerewe nabi aho ihagaze ku mwanya wa 13 n’amanota 17 ikaba irusha abiri gusa Gicumbi FC iri mu murongo utukura kimwe na Miroplast FC yo ifite 13.



















TANGA IGITEKEREZO