00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza wa Manchester United yasobanuye impamvu yasezerewe na Chelsea muri FA Cup

Yanditswe na Kabera Haruna
Kuya 20 July 2020 saa 03:34
Yasuwe :

Nyuma yo gutsindwa na Chelsea FC ibitego 3-1 muri ½ FA Cup, umutoza wa Manchester United, Ole Gunnar Solskjaer , yavuze ko kuvunikisha myugariro Eric Bailly biri mu byatumye ikipe ye isezererwa.

Muri uyu mukino wabereye i Wembley ku Cyumweru, Chelsea yatsindiwe na Olivier Giroud, Mason Mount na Harry Maguire witsinze mu gihe Bruno Fernandes yatsinze impozamarira ku ruhande rwa Manchester United, kuri penaliti.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Ole Gunnar Solskjaer, yavuze ko yahisemo ikipe yagombaga gukina uyu mukino ariko bitagenze neza nk’uko bari babyiteze.

Ati” Uyu munsi twahisemo ikipe yagombaga kuduha amahirwe yo kugera ku gikombe no kwitegura neza umukino dufite ku wa Gatatu ariko ntibyagenze neza.”

Uyu mutoza wa Manchester United yakomeje avuga ko imvune ya myugariro Eric Bertrand Bailly wagonganye na kapiteni we, Harry Maguire, yatumye ikipe ye isa n’ivuye mu mukino.

Ati “Gukomereka kwa Eric Bally na Harry Maguire bamaze igihe kinini baryamye hasi bari kuvurwa ubwo bari bamaze guhuza imitwe nabyo biri mu byatumye dutakaza ukwibanda ku mukino twari dufite.”

“Eric yakinnye neza mu minota 42, yakomeje guhatiriza ariko birangira twemeje ko agomba kuvamo biri no mu byatumye umukino wacu uhinduka cyane kuko yadufashaga.”

Ikinyamakuru Manchester Evening News cyo mu Mujyi wa Manchester, cyatangaje ko Eric Bailly yamaze gusezererwa mu bitaro.

Gutsinda uyu mukino kwa Chelsea FC kwatumye igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup, uzayihuza na Arsenal tariki ya 1 Kanama 2020.

Manchester United yasezerewe muri FA Cup itsinzwe na Chelsea ibitego 3-1
Ole Gunnar Solskjaer utoza Manchester United avuga ko imvune ya Eric Bailly yagize uruhare mu gutsindwa kw'ikipe ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages