00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ouattara yagizwe Kapiteni wa APR FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 14 July 2026 saa 08:11
Yasuwe :

Rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara, yagizwe Kapiteni w’Ikipe ya APR FC yashyizeho ubuyobozi bushya bw’abakinnyi.

Iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu iri mu cyumweru cya gatatu cy’imyitozo, aho iri kwitegura umwaka w’imikino mushya wa 2026/27.

Nyuma yo gutandukana n’abarimo Niyomugabo Claude wari kapiteni, Ruboneka Bosco wari umwungirije ndetse na Niyigena Clément, kuri ubu iyi kipe yashyizeho ubuyobozi bushya bw’abakinnyi.

Kapiteni mushya wa APR FC yagizwe Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara uyimazemo umwaka umwe n’igice, aho yayigezemo muri Mutarama 2025.

Uyu mukinyi ushaka ibitego, ni we watsinze ibitego byinshi muri APR FC kuva ayigezemo, aho umwaka w’imikino wa mbere warangiye atsinze ibitego 13 muri Shampiyona, uwa kabiri urangira ari we ubaye rutahizamu mwiza wa BK Pro League 2025/26 n’ibitego 18.

Kapiteni wa Mbere Wungirije yagizwe Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda ukina mu kibuga hagati, wageze muri iyi kipe mu mpeshyi ya 2025.

Ni mu gihe Kapiteni wa Kabiri Wungirije yagizwe myugariro Nshimiyimana Yunussu uheruka kongera amasezerano y’imyaka ibiri.

APR FC izatangira umwaka w’imikino mushya yitabira CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 7 Kanama 2026.

Ku mukino wa mbere ari na wo ufungura irushanwa, iyi kipe yambara umukara n’umweru izahura na Vipers SC yo muri Uganda. Andi makipe biri kumwe mu itsinda ni Gor Mahia yo muri Kenya na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti.

Rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara ni we wagizwe Kapiteni mushya wa APR FC
Ronald Ssekiganda ni kapiteni wa mbere wungirije muri APR FC
Nshimiyimana Yunussu na we yashyizwe mu bakapiteni ba APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages