Uyu mutoza wamaze gutangaza ko atazakomeza gutoza ikipe ya Bayern Munich uyu mwaka w’imikino nurangira, yageze mu Mujyi wa Mombasa kuri iki Cyumweru ari kumwe n’umugore we Cristina Serra n’abana babo batatu Maria Guardiola, Marius Guardiola na Valentina Guardiola.
Minisitiri w’Ubukerarugendo muri Kenya, Najib Balala, yabwiye Daily Nation ko ayo makuru y’uko Guardiola n’umuryango we bari muri iki gihugu ari impamo ariko yongera ho ko adakeneye kugaragara mu itangazamakuru.
Yagize ati:” Nibyo twari kumwe na Pep Guardiola i Mombasa ariko yaje mu biruhuko kandi ntiyifuza na gato kugaragara mu itangazamakuru.”
Ibi kandi nibyo na Ali Hassan Joho, Guverineri w’Umujyi wa Mombasa wagiye kwakira Guardiola ku kibuga cy’indege cya Moi International Airport, Mombasa yabwiye Standard aho yagize ati “Arishimye cyane kuba hano n’umuryango we. Yavuze ko ari hano kugera iminsi mikuru irangiye ariko ashaka kubaho mu buzima bwite nta tangazamakuru.”
Nyuma yo kuva i Mombasa, Guardiola n’umuryango we bagiye ahitwa Maasai Mara gukomerezayo ibiruhuko kuko ari ahantu hatuje cyane kandi hari umutekano.
Guardiola akurikiye Jose Mourinho wasuye igihugu cya Kenya mu mwaka wa 2010 ndetse n’ibindi byamamare bikunze kujya gusoreza iminsi mikuru muri iki gihugu kizwiho gukurura ba mukerarugendo benshi cyane.
























TANGA IGITEKEREZO