00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida George Weah yahaye umudali w’icyubahiro Arsène Wenger

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 24 August 2018 saa 09:12
Yasuwe :

Perezida wa Liberia, George Weah, yambitse umudali w’icyubahiro Arsène Wenger wahoze ari umutoza w’ikipe ya Arsenal, mu birori byakoranyije imbaga i Monrovia.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo Wenger yambitswe umudali witiriwe ‘Order of Distiction’ w’izina ry’icyubahiro ry’umuntu waharaniye guteza imbere imikino muri Afurika.

Arsène Wenger niwe mutoza wa mbere watumye Weah atangira gukina ku mugabane w’ i Burayi icyo gihe yamujyanye mu ikipe ya AS Monaco, yo mu Bufaransa mu 1988.

George Weah yabaye umukinnyi wa mbere ukomoka muri Afurika wegukanye igihembo cy’umukinnyi Ballon d’Or, anaca agahigo ko kuba umukinnyi w’icyamamare wabaye Perezida.

Minisitiri w’Itumanaho muri Liberia, Eugene Nagbe yabwiye BBC ko igihembo cyahawe Wenger kitari ishimwe yagenewe na Perezida gusa ahubwo ari no gushimira uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa ku bw’uruhare rukomeye yagize mu guteza imbere siporo muri Afurika no guhesha amahirwe Abanyafurika benshi.

Weah yambitse Wenger umudali w'ishimwe ryo guteza imbere siporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages