Uyu ni umukino wa kabiri wikurikiranya Peseiro amaze kunganya nyuma yo kugwa miswi na Lesotho i Abuja na none igitego 1-1 mu mukino wa mbere w’itsinda C.
Mu mikino ine iheruka Nigeria imaze gutsindamo umwe. Yanganyije na Arabie Saoudite ibitego 2-2, atsinda Mozambique ibitego 3-2, anganya na Lesotho ndetse na Zimbabwe igitego 1-1 zombi.
Umwe mu bagize itsinda ryazanye n’Ikipe ya Nigeria i Huye guhura n’Indwanyi za Zimbabwe yabwiye IGIHE ko mbere yo guhaguruka iwabo Perezida wa Federasiyo y’Umupira w’amaguru muri Nigeria, NFF, Ibrahim Musa Gusau amubwira ko bamwihanganiye nyuma yo kunganya na Lesotho kuko umusaruro atari mwiza, amusaba kuzatsindira Zimbabwe mu Rwanda kugira ngo agarure umutuzo mu Banya-Nigeria batamwemeraga na mbere yo guhabwa akazi.
Abanya-Nigeria badakozwa ibyo kunganya na Lesotho ya 153 ku rutonde rwa FIFA na Zimbabwe yari imaze umwaka yarahagarirswe na FIFA kubera kwivanga muri Siporo kwa Leta y’iki Gihugu, barasabira Paseiro kwirukanwa kuko babona atazabageza ku nzozi zo kuzasubira mu Gikombe cy’Isi bamaze kwitabira inshuro esheshatu mu mateka yabo guhera mu 1994, ndetse baherukamo mu 2018 mu Burusiya bakaviramo mu matsinda ubwo batozwaga n’Umudage Gernot Rohr.
NFF must set up a quick review team to assess the performance of the team under Peseiro with these two key matches.
2 points against teams like Lesotho & Zimbabwe is unforgivable with the TALENTS in the team.
Sack or leave Peseiro for AFCON? pic.twitter.com/WQxMhKoqoT
— POOJA!!! (@PoojaMedia) November 19, 2023
I know Many won't give him his flower, but Gernot Rohr remains Super Eagles best gaffer since Stephen Keshi.
Consortium of Coaches led by Eguavoen failed to qualify for World Cup
Jose Peseiro is struggling to do it with one of easiest Group in history. pic.twitter.com/W8u1bVCQMf
— Seyi (Hattitude) (@alao_seyi) November 19, 2023
This coach knows nothing...he should be getting the sack in the morning at 8am
— Man Like Gaba (@cooldjgaba) November 19, 2023
Has Jose Peseiro ever won any major trophy? Sack this man before he ruins what is left of our super eagles.
Eguavoen >>>>>> Peseiro pic.twitter.com/5pizRELOT5
— Dr. Arowolo Ayoola (@DrArowoloAyoola) November 19, 2023
Has Jose Peseiro ever won any major trophy? Sack this man before he ruins what is left of our super eagles.
Eguavoen >>>>>> Peseiro pic.twitter.com/5pizRELOT5
— Dr. Arowolo Ayoola (@DrArowoloAyoola) November 19, 2023
Super Eagles
Jose Peseiro should be sacked
Uzoho must never be sent an invite again.
The NFF board must be disbanded. pic.twitter.com/8rZAe04DXG— Opeyemi Marcus (@ArakunrinSugar) November 19, 2023
Nyuma y’umukino, Umutoza Peseiro yagaragaye nk’uwaciwe intege cyane no kunganya na Zimbabwe bisa nk’aho yari azi igitutu ariho.
Uku gutsindwa yagushyize ku munaniro w’urugendo rurerure abasore be bakoze mu ndege.
Yagize ati "Abakinnyi ntabwo baruhutse bihagije, twakoze urugendo rurerure tuva iwacu tuza mu Rwanda mu gihe Zimbabwe yo yagumye hano. Ni yo mpamvu no mu kibuga batutushaga kwihuta kuko mu gice cya kabiri n’ubwo twabonyemo igitego ariko Zimbabwe yagerageje kuturusha kugumana umupira no kudusatira cyane. Umunaniro wagaragaye cyane."
The man should be fired already, the super eagle have lost their identity under this coach.
— Mildpaul (@mildpaul2019) November 19, 2023
Benshi mu Banya-Nigeria banenga kenshi Ishyirahamwe rya Ruhago ry’iwabo ko riha kenshi akazi abatoza baturuka hanze y’Igihugu cyabo biganjemo Abanya-Burayi nyamara akenshi usanga ntacyo barusha abanyagihugu bakanyujijeho.
Byitezwe ko Ishyirahamwe rya Ruhago muri Nigeria riri bigire icyo ribwira abakunzi b’umupira w’amaguru ku cyemezo bari bufatire Peseiro nyuma y’umusaruro udashimishije akomeje gutanga.
Umutoza José Vítor dos Santos Peseiro w’imyaka 61 afite uburambe bw’imyaka 31 mu mwuga w’ubutoza aho yaciye mu makipe akomeye nka Real Madrid mu 2023-2004 aho yari Umutoza wungirije Carlos Queiroz bakomoka mu gihugu kimwe.
Yatoje kandi Panathinaikos yo mu Bugiriki, Rapid București yo muri Romania, FC Porto na Sporting Portugal z’iwabo hari kandi Al Ahly yo mu Misiri, Ikipe y’Igihugu ya Arabie Saoudite ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Venezuela.
Mu itsinda C, Afurika y’Epfo Ikipe ni yo rukumbi imaze kubona intsinzi aho iri ku mwanya wa mbere n’amanota atatu, ikurikiwe na Nigeria na Zimbabwe zinganya amanota abiri mu gihe Lesotho, u Rwanda na Benin zikurikiraho n’inota rimwe.
Imikino 14 Nigeria imaze gukina itozwa na José Peseiro yatsinzemo itandatu gusa itsindwa itanu inganya itatu. Yinjije ibitego 31 yinjizwa 19.
- Mexico 2-1 Nigeria
- Ecuador 1-0 Nigeria
- Nigeria 2-1 Sierra Leone
- São Tomé 0-10 Nigeria
- Algeria 2-1 Nigeria
- Portugal 4-0 Nigeria
- Nigeria 0-1 Guinee Bissau
- Guinee Bissau 0-1 Nigeria
- Sierra Leone 2-3 Nigeria
- Nigeria 6-0 São Tomé
- Saudi 2-2 Nigeria
- Mozambique 2-3 Nigeria
- Nigeria 1-1 Lesotho
- Zimbabwe 1-1 Nigeria



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!