Peter Bonetti wamenyekanye ku izina rya ’The Cat’ yitabye Imana kuri uyu wa 12 Mata 2020.
Uyu mugabo yakiniye Chelsea imikino 729, yafashije u Bwongereza gutwara Igikombe cy’Isi mu 1966 ndetse yari kumwe nayo mu 1970 ubwo yakurwagamo n’u Budage muri 1/4.
Peter Bonetti w’imyaka 78 yari afite uburwayi amaranye kirekire. Chelsea yatangaje ko ‘Umuryango mugari wa Chelsea wifatanyije mu kababaro n’umuryango n’inshuti za Peter’.
Ubutumwa iyi kipe ifite ibigwi mu mupira w’amaguru mu Bwongereza yanyujije kuri Twitter bugira buti “Twese muri Chelsea FC tubabajwe no kubamenyesha urupfu ry’uwari umunyezamu wacu w’umuhanga, Peter Bonetti, wadukiniye imikino 729.”
Bonetti wamaze imyaka igera kuri 20 muri Chelsea, yatwaranye nayo ibikombe bitandukanye birimo League Cup mu 1965, FA Cup mu 1970 na European Cup Winners’ Cup mu 1971. Yanafashije Chelsea FC kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere muri Premier League mu myaka ya 1962/1963 na 1976/1977.
Bonetti yatangiye gukinira Chelsea muri Werurwe 1960 afite imyaka 18 y’amavuko, mu byumweru bike yahise afasha iyo kipe gutwara FA Youth Cup. Kuva ubwo yahise aba umunyezamu ukomeye wa Chelsea.
Bisa nk’aho gukina muri Chelsea byari inzozi z’umuryango we kuko akiri mu mashuri abanza nyina yari yarandikiye Chelsea ayisaba ko umwana we yakoramo igerageza.
Bonetti yanyuze mu makipe arimo St. Louis Stars yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dundee United yo muri Ecosse na Working FC yo mu Bwongereza. Nyuma yo guhagarika gukina, yabaye umutoza w’abazamu mu makipe atandukanye arimo na Chelsea yandikiyemo amateka.
Umunya-Brazil Edson Arantes do Nascimento uzwi nka Pelé, yatangaje ko asanga Bonetti ari umunyezamu wa Gatatu w’ibihe byose nyuma y’Umwongereza Gordon Banks [yabereye umunyezamu wa Kabiri mu gikombe cy’Isi mu 1970] na Lev Ivanovich Yashin, Umunya-Soviet bahimbaga ‘Black spider’ cyangwa ‘Black Panther.’



















TANGA IGITEKEREZO