Petrović unafite ubwenegihugu bwa Bosnia agiye kugaruka i Kigali ari kumwe n’abatoza bazatoza APR FC muri politiki nshya yo gukinisha abanyamahanga.
Uyu mutoza w’imyaka 76 yatoje APR FC inshuro ebyiri mu 2014-2015 atwarana nayo Igikombe cya Shampiyona no mu 2017-2018 ubwo yatwaraga ibikombe bibiri icya Shampiyona n’icy’Amahoro.
Umunya-Serbia, Ljupko Petrović, wahoze atoza APR FC ategerejwe mu Mujyi wa Kigali. pic.twitter.com/5KtoWYpSZO
— IGIHE Sports (@IGIHESports) June 27, 2023
Nyuma yasubiye iwabo kubera ikibazo cy’uburwayi. Ubwo yatozaga APR FC yari yungirijwe na mugenzi we bakomoka mu gihugu kimwe Radanavic Miodrag.
Nyuma yo gusezera muri APR FC mu 2018, Petrović yerekeje muri CSKA Sofia nk’umushinzwe kugenzura ibikorwa (Consultant) nyuma ayibera Umutoza mukuru, guhera tariki 21 Nyakanga kugera tariki 2 Ukwakira 2019 nyuma akomereza muri Thanh Hóa yo mu cyiciro cya mbere muri Vietnam mu 2020 na Litex Lovech yabayemo imyaka ibiri.
Petrović yatangiye umwuga w’ubutoza mu 1982 ndetse yagize ibihe byiza dore ko yatwaye igikombe cya UEFA Champions league kicyitwa European Cup ubwo yari umutoza wa Red Star Belgrade mu 1991-92.
Muri APR FC yasimbuwe n’Umunya-Serbia, Zlatko Krmpotić wasoje umwaka wa 2018-19 urangira nta gikombe na kimwe Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye nyuma asimburwa n’Umunya- Maroc Mohammed Adil Erradi watwaye ibikombe bitatu bya Shampiyona yikurikiranya hagati ya 2019-2023 nawe wasimbuwe n’Umunya-Tunisia, Ben Moussa wasoje umwaka wa 2022-23 yegukanye Igikmbe cya Shampiyona.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!