Ubuyobozi bwa Litex Lovech bwashimiye Petrovic wari usubiye gutoza iyi kipe ku nshuro ya gatatu bemeza ko batandukanyijwe n’ibibazo bwite by’uyu mutoza. Mu 2004 Petrovic yari yabahaye igikombe cy’igihugu yongera kuyitoza kuva mu 2005-2007.
Bagize bati “ Bituvuye ku mutima turashimira umutoza Ljupko ko twamutumije akaboneka no mu bihe bikomeye."
Uyu Munyaseribia Ljupko Petrovic watoje Red Star Belgrade agatwara igikombe cy’i Burayi mu 1991 yamaze muri APR FC amezi atanu akina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame cup batsindwa na El Merreikh atwara n’igikombe cya Prudence.
Reuters yanditse ko iyi kipe y’i Lovech yashimiye uyu mutoza uko yabafashije gutangira umwaka w’imikino bamwifuriza ibihe byiza nubwo mu 2001 yatoje mukeba Levski Sofia.
Itangazamakuru ryo muri Bulgaria riravuga ko Umunya Romania Laurentiu Reghecampf watwaye shampiyona ya 2013 na 2014 na Steaua Bucharest ari we ushobora kumusimbura.
Ubwo Petrovic yavaga muri APR FC muri Gashyantare 2015 yagiye atavuze, ubuyobozi bw’iyi kipe ya gisirikare bwemeza ko bwubahirije ibyari mu masezerano bagiranye.
Ku myaka 68, Ljupko Petrovic yatoje muri Serbia, Espagne, Uruguay, u Bugereki, Autriche, u Bushinwa, Croatia, Ibihugu Byunze Ubumwe by’Abarabu, Kazakhstan, u Rwanda na Bulgaria.



















TANGA IGITEKEREZO