Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026, ni bwo uyu mukinnyi yagaragaje amarangamutima ye kuri uyu mugore, ahamya ko mu gihe cya vuba baza kuba umwe.
Ati “Umwaka wa 2025 nawurangije ndi kumwe n’uri hafi kwitwa umugore wa Kavita, gusangira ubuzima mu rukundo na Kristin Saunders, ni ikintu kizahoraho.”
Uyu mukinnyi ukinira Birmingham Legion yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze aya magambo akurikiye amafoto bombi bari i Dakar muri Sénégal, aho bagiye mu biruhuko.
Kavita w’imyaka 32 yakiniye andi makipe yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahereye mu y’abato ya RSL Academy, yanyuze muri Puerto Rico FC, St. Louis FC, Salt Lake na Clemson Tigers.
Abaye umukinnyi wa kabiri w’Amavubi ukina hanze y’u Rwanda werekanye ko umwaka wa 2026 utazamusiga ari ingaragu, nyuma ya rutahizamu wa Rhode Island, Kwizera Jojea, uherutse kwambika impeta Lorin Huff.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!