Kuri uyu wa Mbere nibwo uyu mutoza yageze muri Arabie Saoudite mu mujyi wa Jeddah, aho iyi kipe isanzwe iba.
Uyu mutoza ategerejweho kuzahura iyi kipe idahagaze neza muri iki gihe kuko mu mwaka ushize w’imikino aribwo bwa mbere yabuze mu makipe ane ya mbere. Ubuyobozi bwamusabye kuyisubiza ikuzo yahoranye ryo gutwara ibikombe.
Mbere y’uko umutoza Mosimane ahabwa izi nshingano, yari yaciye amarenga ko ashaka kureka uyu mwuga wo gutoza.
Kujya gutoza muri Arabie Saoudite kuri Mosimane byababaje abari bamuzi muri Al Ahly Cairo.
Ubuyobozi bw’iyi kipe buyobowe na Perezida wayo Mahmoud El-Khatib batangaje ko Mosimane amaze kunanirwa ku buryo bw’umubiri ndetse no mu mutwe, akeneye akaruhuko.
Nyuma yo gutakaza umukino wa nyuma wa CAF Champions League, bambuwemo igikombe na Wydad Athletic Club, Mahmoud yamuganirije kenshi kugira ngo agumane n’ikipe ariko akomeza kwanga ahubwo ababwira ko ananiwe.
Mosimane yanditse amateka yo kuba ariwe mutoza utari umwenegihugu watoje ikipe ya Al Ahly Cairo. Muri 2020 na 2021 yanditse andi mateka ayiha ibikombe bya CAF Champions League atsinze Zamalek 2020 na Kaizer Chiefs 2021. Icyo gihe yahise ashyirwa mu batoza beza kw’Isi.
Ikipe ya Al-Ahli Jeddah tariki 25 Nzeri 2022 yahise itangaza ko uyu azaba umutoza mukuru wayo ari kumwe n’abazamwunganira.
Uyu mutoza arahita atangira imyitozo kuko afite umukino wa mbere kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ukwakira 2022 uzahuza ikipe ye na Jeddah Club.
Ikipe ya Al-Ahli Saudi FC ayisanze ku mwanya wa karindwi ifite amanota umunani mu mikino itanu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!