00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Police FC na Kiyovu Sports zishobora gukina CECAFA Kagame Cup

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 May 2026 saa 11:58
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yavuze ko Kiyovu Sports na Police FC zishobora kwiyongera kuri APR FC na Rayon Sports mu makipe azakina CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, ni bwo hateranye Inama y’Inteko Rusange Idasanzwe y’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), irebera hamwe uko umwaka wa 2025 wagenze.

Mu kiganiro cyatanzwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yavuze ku myiteguro y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 rizahuza amakipe yo mu karere u Rwanda ruherereyemo, kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026.

Yavuze ko hari kurebwa uko amakipe azahagararira u Rwanda muri iri rushanwa yaziyongera, akava kuri abiri akagera kuri ane.

Ati “Mu Rwanda tuzakira imikino y’amarushanwa ane ya CECAFA Kagame Cup. Amakipe abiri ya mbere ya APR FC arasabwa kwitabira, ariko turashaka ko amakipe yo mu Rwanda yaba ane aho kuba abiri, hakaba hakwiyongeraho Police FC na Kiyovu Sports.”

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yemeje ko u Rwanda ruzakira ane mu marushanwa atandatu yaryo azakinwa uyu mwaka.

Irya mbere ni CECAFA Kagame Cup izaba tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama mu gihe irya kabiri ari imikino ihuza abanyeshuri batarengeje imyaka 15 (CAF African Schools Football Championship- CECAFA Qualifiers) izaba tariki 22-25 Nyakanga.

Irya gatatu ni iry’amakipe y’abagore ryo gushaka itike ya CAF Champions League rizaba tariki 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri mu gihe irya kane ari iryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bahungu batarengeje imyaka 17 rizaba tariki 10-25 Ukwakira.

Police FC ishobora gukina CECAFA Kagame Cup
Kiyovu Sports yabaye iya kabiri mu makipe yo mu Rwanda muri shampiyona, ishobora kuzakina CECAFA Kagame Cup
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yagaragaje ko amakipe azahagararira u Rwanda muri CECAFA ashobora kwiyongera
Inteko Rusange idasanzwe ya FERWAFA yabwiwe ko amakipe azakina CECAFA aziyongera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages