00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Police FC yaguze abakinnyi bane barimo na Pitchou

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 22 January 2026 saa 10:10
Yasuwe :

Police FC yaguze Umurundi Nshimirimana Ismaël uzwi nka Pitchou utari ufite ikipe, Rudasingwa Prince na Isaac Ezeh bakinaga muri AS Kigali na Udahemuka Jean de Dieu wakinaga muri Gasogi United bari mu bamaze iminsi bitwara neza muri shampiyona.

Iyi kipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona, yatangiye kwiyubaka yitegura imikino yo kwishyura.

Amakuru avuga ko Nshimirimana Ismaël ukina mu kibuga hagati yaguzwe ibihumbi 10$ arenga miliyoni 14 Frw, mu gihe Rudasingwa na Ezeh baguzwe miliyoni 40 Frw bombi.

Iyi kipe kandi iheruka gutandukana na Eric SSenjobe, mu gihe ishobora no gutandukana n’abandi barimo Ndizeye Samuel na Mugisha Didier.

Police FC yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 34. Izatangira imikino yo kwishyura ikina na AS Kigali tariki ya 8 Gashyantare 2026.

Nshimirimana Ismaël uzwi nka Pitchou yerekeje muri Police FC
Myugariro Isaac Ezeh yaguzwe na Police FC
Rutahizamu Rudasingwa Prince yerekeje muri Police FC
Myugariro Udahemuka Jean de Dieu yerekeje muri Police avuye muri Gasogi United

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages