Ni umukino watangiye uri mu ruhande rwa Gorilla FC yakiriye umukino, ndetse ku munota wa kane ibona coup-franc ku munota wa kane, iterwa neza na Mosengo Tansele, ayishyira mu izamu.
Police FC yashatse kwishyura hasi hejuru, ku munota wa 13 ibona amahirwe ku mupira wazamukanywe na rutahizamu wayo, Ani Elijah, ariko ageze mu rubuga rw’amahina atera ishoti nabi mu izamu ukurwamo n’umunyezamu wa Gorilla FC, Ntagisanayo Serge.
Nduwimana Franck yashyize mu izamu umupira wari kuvamo igitego cya kabiri cya Gorilla FC ku munota wa 43, ariko umusifuzi wa kabiri wo ku ruhande, Ishimwe Daniel yemeza ko yaraririye.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Gorilla FC iyoboye umukino ku gitego 1-0, mu cya kabiri Umutoza wa Police FC, Ben Moussa, akura mu kibuga Manishimwe Djabel na Ndayishimiye Dieudonne ashyiramo Byiringiro Lague na Kwitonda Alain ’Bacca’.
Police FC yakomeje gusatirana imbaraga ishaka kwishyura igitego, ikibona mu nyongera kuri 90 y’umukino gitsinzwe na Byiringiro Lague.
Nyuma yo kunganya igitego 1-1, Gorilla FC yagumye ku mwanya wa 11 n’amanota 33, mu gihe Ikipe ya Polisi y’u Rwanda iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 45.
Umukino wabanjirije uyu, ukabera i Rubavu, Marine FC ya cyenda n’amanota 38 yanganyije na Gasogi United FC ya 13 n’amanota 31 ibitego 2-2.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!