Igice cya mbere cyaranzwe n’amakosa ya hato na hato kuri ba myugariro ba Police FC, ari nabyo byatumye Kasirye David, umukinnyi wa Rayon Sports abasha gutsinda igitego ku ishoti rikomeye yateye nyuma yo gusiga ba myugariro agasigarana n’umunyezamu Mvuyekure Emery.
Mu gice cya kabiri, umutoza Cassa Mbungo wa Police FC, yakosoye amakosa abakinnyi be bakoze, asimbuza bamwe mu bakinnyi be nyuma ikipe ye inaza kubona igitego cyatewe neza na Isonga Isaïe, kuri penaliti nyuma yuko yari amaze kugushwa n’umukinnyi wa Rayon Sports mu rubuga rw’amahina. Kubera impinduka zakozwe na Cassa Mbungo, ikipe ye yokeje igitutu Rayon Sports muri iki gice, dore ko byanagaragaraga ko iyi kipe yari kubona ibitego byinshi.
Kugeza ubu Police ntiratsindwa umukino n’umwe, kuri ubu iri ku mwanya wa kabiri, iranganya na AS Kigali zombi zikaba zifite amanota 11, gusa ikipe ya Police FC ikaba irushwa gusa inota rimwe.
Nubwo amakipe yombi yanganyije, umutoza Cassa Mbungo nyuma y’uyu mukino yashimiye abakinnyi be kuba baritwaye neza babasha gutsinda igitego mu gice cya kabiri.
Yavuze ko bagiye gukaza imyotozo kugira ngo bazakomeza kwitwara neza mu yindi mikono. Yagize ati, “Tugiye gukomeza imyitozo nkuko bisanzwe dufite intumbero yo gutwara igikombe.”
Police FC izahura ku mukino wa gatandatu n’ikipe ya Sunrise, uyu mukino ukazaba kuri uyu wa gatandatu, ku kibuga cya Sunrise I Rwamagana.



















TANGA IGITEKEREZO