Ibi byabaye mu mukino wa kabiri w’Igikombe cy’Amahoro wakiriwe na Gasogi United FC kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Mata 2024.
Ni umukino watangiye Police FC ikinana imbaraga kuko yashakaga kwishyura igitego yatsinzwe mu mukino wa mbere. Iminota itanu ya mbere iyi kipe yari yamaze kubona imipira ibiri y’imiterekano harimo koruneri na Coup-frank.
Nubwo yasatiraga cyane ariko Gasogi United yakinishaga imbaraga ku mupira yihuta yogerezwaga kuri rutahizamu wayo Hassan Djibrine.
Twagirumukiza Abdul Karim yatanze Coup-frank yakorewe Djibrine inyuma gato y’urubuga rw”amahina, iterwa na Hakim Hamissi ubwugariza bwa Police FC buwukoraho ukubita umutambiko w’izamu.
Ubu buryo bwabonetse ku munota wa 10 bwakanguye abakinnyi ba Police bongera kuyisatirana imbaraga bifashishije imipira inyuze mu kibuga hagati hakinaga Hakizimana Muhadjili, Abedi Bigirimana na Chukwuma Odili.
Ku munota wa 29 Police FC yabonye amahirwe akomeye y’igitego yaturutse kuri koruneri yatewe na Hakizimana Muhadjili ariko Rutonesha Hesbon ashyizeho umutwe umunyezamu wa Gasogi United Dauda Ibrahima Barelli awukuramo bigoranye.
Nyuma y’umunota umwe Harerimana Abdlaziz yakuyeho myugariro wa Police FC, Kwitonda Ally ahereza umupira Mbirizi Eric ashyize mu izamu wongera gukubita umutambiko w’izamu.
Mu mpera z’igice cya mbere Chukwuma Odili yatete ishoti rikomeye ari inyuma y’urubuga rw’amahina ariko Dauda Ibrahima yongera gutabara Gasogi United FC.
Muri iyi minota Chukwuma yaguranye umwanya na Mugisha Didier ndetse yinjira no mu rubuga rw’amahina agundagurana na Karenzi Bucyocyera anagwa hasi ariko umusifuzi Twagirumukiza Abdul Karim ntiyatanga penaliti.
Iki gice cyagaragayemo gusatira ku mpande zombi cyarangiye nta n’imwe ibashije kureba mu izamu.
Intangiriro z’icya kabiri n’ubundi zihariwe na Police FC mu gihe Gasogi yacunganaga no kurinda ko ikibuga cyayo gikinirwamo imipira myinshi.
Ku munota 51 Chukwuma yakinanye neza na Mugisha Didier bahereza umupira Bigirimana Abedi warebanaga n’izamu ariko ateye ishoti rinyura iruhande rwaryo.
Umutoza wa Gasogi United, Kirasa Alain yakoze impinduka akura mu kibuga Harerimana Abdlaziz na Djibrine ashyiramo Prosper na Iradukunda Kabanda Serge.
Igitego cya mbere muri uyu mukino cabinets ku munota wa 68 gitsinzwe na Mugisha Didier wahawe umupira na Hakizimana Muhadjili wamuhereje umupira mwiza mu rubuga rw’amahina.
Gasogi United yasatiriye cyane nyuma y’iki gitego harimo amahirwe yabonye ku munota wa 72 ubwo Bucyocyera yaherezaga Djibrine nawe awurekera Hakim warekuye ishoti rikomeye rifatwa Rukundo Onesime awushyira muri koruneri.
Mu minota 80 Rukundo Onesime yakoraga amakosa mu izamu yo gufata umupira ntawukomeza byashoboraga gutuma hajyamo igitego gitunguranye cya Gasogi United.
Gasogi United kandi yashoboraga kubona penaliti ku ikosa ryakorewe Iradukunda Serge wakuruwe mu rubuga rw’amahina ariko umusifuzi avuga ko habayemo kurarira.
Umukino wongeyeweho iminota itatu, kuwa nyuma Kwitonda Ali wa Police FC na Mbirizi Eric, mu gushyamira Nshimiyimana Marc Govin ashaka kurwana na Hakizimana Muhadjili ahabwa ikarita itukura.
Iyo kandi ni nayo yahawe Kwitonda bose bahita basoborwa mu kibuga, umukino uhita unarangira hatangwa akaruhuko ko kujya gutera penaliti.
Ni umwanya utahiriye Gasogi United kuko yasezerewe kuri penaliti 3-4 nyuma y’uko Mbirizi Eric, Muderi Akbar na Iradukunda Kabanda Serge bazihushije ndetse na Niyonsaba Eric, na Sumaira Moro bagahusha iza Police FC.
Umukino wa nyuma uzahuza Police FC na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports iyitsinze ibitego 2-0 mu mikino ibiri, ku wa 1 Gicurasi 2024.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!