00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Premier League: VAR yatabaye Arsenal mu mukino yari yatezwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 May 2026 saa 11:12
Yasuwe :

Arsenal yabashije kwikura imbere ya West Ham mu mukino benshi babonaga ko bigoye kuwutsinda, icyura intsinzi y’igitego 1-0 yayifashije gukomeza gusatira Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza.

Uyu mukino w’Umunsi wa 36 wa Premier League wabereye kuri London Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 10 Gicurasi 2026.

Arsenal yari yakoze ibishoboka byose, ikabona uburyo butandukanye, byayisabye gutegereza umunota wa 83, ibona igitego cyatsinzwe na Leandro Trossard ku mupira wari uvuye kuri Martin Ødegaard.

Mu minota y’inyongera, Wilson Callum yishyuriye West Ham ku mupira wari ucitse umunyezamu David Raya uvuye muri koruneri, ariko nyuma yo gusuzuma amashusho yifashishwa mu misifurire [VAR], hemezwa ko Raya yari yakorewe ikosa.

Gutsinda uyu mukino byatumye Arsenal isatira kwegukana Igikombe cya Premier League iheruka mu myaka 22 ishize, aho kuri ubu isigaje imikino ibiri izahuramo na Burnely mu rugo na Crystal Palace hanze.

Iyi kipe itozwa na Mikel Arteta kuri ubu ifite amanota 79 mu mikino 36 mu gihe Manchester City iyikurikiye, yo ifite amanota 74 mu mikino 35.

Ni mu gihe West Ham yakomeje kuba munsi y’umurongo utukura aho ifite amanota 36 ku mwanya wa 18, irushwa inota rimwe na Tottenham ya 17.

Leandro Trossard yafashije Arsenal kwikura ku kibuga cya West Ham, atsinda igitego cyo mu minota ya nyuma
Byasabye gutegereza umunota wa 83 ngo Arsenal ibone igitego
Arsenal yari yagerageje uburyo bunyuranye ariko yabuze igitego
Mu minota y'inyongera, West Ham yibwiraga ko ibonye igitego cyo kwishyura
Umunyezamu David Raya yagaragaje ko yabangamiwe ntabashe gufata umupira
VAR yagaragaje ko Pablo yakoreye ikosa umunyezamu Raya akamubuza gufata umupira amufashe ukuboko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages