00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Premier League yatangaje amatariki amakipe yayo yemerewemo kugura abakinnyi

Yanditswe na Kabera Haruna
Kuya 15 July 2020 saa 08:27
Yasuwe :

Premier League n’abafatanyabikorwa bayo bemeje ko isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi mu mpeshyi y’uyu mwaka, rizaba hagati ya tariki ya 27 Nyakanga n’iya 5 Ukwakira 2020.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Premier League n’abafatanyabikorwa bayo bumvikanye ku kwimura igihe cy’igura n’igurisha ry’abakinnyi bakina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza.

Hemejwe ko isoko rizafungura ibyumweru 10 nyuma yo gusoza Premier League y’uyu mwaka w’imikino wa 2019/20, ni ukuvuga guhera ku wa 27 Nyakanga kugeza ku wa 5 Ukwakira.

Nyuma yo kuganira kandi na English Football League icunga ibindi byiciro by’umupira w’amaguru mu Bwongereza, hemejwe ko “Isoko ry’imbere mu gihugu rizongerwaho iminsi, kuva tariki 5 Ukwakira, rifunge saa 18:00 zo ku wa16 Ukwakira.”

Muri icyo gihe cyongereweho, amakipe ya Premier League azaba yemerewe gusa kugura no kugurisha abakinnyi mu bindi byiciro bya EFL (nta kipe zo muri Premier League zahinduranya abakinnyi muri icyo gihe).

Premier League yatangaje ko umwanzuro wa nyuma uzatangazwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA.

Kimwe n’ahandi ku Isi, Shampiyona y’u Bwongereza yahagaritswe muri Werurwe kubera COVID-19, ariko yasubukuwe tariki 17 Kamena mu gihe biteganyijwe ko izasozwa tariki ya 26 Nyakanga 2020.

Kugeza ubu ntiharatangazwa igihe umwaka w’imikino wa 2020/21 uzatangirira, ariko bivugwa ko ushobora gutangira ku wa 12 Nzeri 2020 nyuma y’imikino mpuzamahanga.

Jadon Sancho wa Borussia Dortmund na Jack Grealish wa Aston Villa bari mu bakinnyi byitezwe ko bazahindura amakipe muri iyi mpeshyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages