00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rafael York ntakitabiriye ubutumire bw’Amavubi yitegura Zimbabwe na Afurika y’Epfo

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 10 November 2023 saa 07:34
Yasuwe :

Umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu ukina muri Gefle IF yo mu cyiciro cya kabiri muri Suède, Rafael York ntazitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu, Amavubi yitegura Zimbabwe na Afurika y’Epfo mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Amakuru IGIHE yamenye avuga ko Rafael York atazaza kubera ikibazo cy’imvune. Uyu musore aheruka kugaragara mu kibuga tariki 16 Nzeri 2023 ubwo Ikipe ye yanganyaga na Östersunds FK ibitego 2-2.

Gefle IF ya Rafael York iri ku mwanya wa cyenda muri Shampiyona y’Icyiciro cya kabiri igizwe n’amakipe 16. Ifite amanota 36 mu mikino 29 irushwa na Västerås ya mbere amanota 27.

Rafael yavukiye muri Suède kuri Se w’Umunya-Angola na Nyina w’Umunyarwanda. Uyu musore yakiniye IKipe y’Igihugu cya Suède y’abari munsi y’imyaka 16 na 19 imikino 15 mbere y’uko ahitamo gukinira u Rwanda mu 2021.

Amavubi azakina na Zimbabwe na Afurika y’Epfo tariki ya 15 n’iya 21 Ugushyingo 2023.

Rafael York ntakitabiriye ubutumire bw’Amavubi yitegura Zimbabwe na Afurika y’Epfo mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
Rafael York mu Amavubi yakinnye umukino wa gicuti na Guinée Equatoriale muri Nzeri 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages