00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports igeze kure ibiganiro na Jonathan Ifunga Ifasso wakinnye muri Maroc

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 27 June 2023 saa 05:36
Yasuwe :

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro n’Umunye-Congo ukina hagati afasha ba rutahizamu, Jonathan Ifunga Ifasso wakinnye mu Ikipe ya Difaâ Hassani El Jadidi yo muri Maroc, ngo asimbure Umunya-Cameroun, Leandre Willy Essomba Onana.

Ifasso w’imyaka 24 yerekeje muri Difaâ Hassani El Jadidi [DHJ] mu 2019 avuye muri AS Nyuki y’iwabo muri Repubuilika Iharanira Demokarasi ya Congo, ayivamo mu mpeshyi ya 2022 asubira iwabo muri AS Simba de Kolwezi.

Uyu musore ukinisha amaguru yombi Rayon Sorts yifuza gutangaho miliyoni 25 Frw azwiho umwihariko wo gukina igice cyose gifasha ba rutahizamu haba iburyo, ibumoso ndetse n’inyuma yabo. Ikindi kandi atanga imipira myinshi kandi myiza ibyara ibitego.

Andi makuru IGIHE yamenye avuga ko uyu musore abayobozi ba Rayon Sports yamurangiwe na Luvumbu Héritier Nzinga bakomoka mu gihugu kimwe nyuma y’uko abuze mugenzi we bahuzaga mu kibuga ndetse wanayoboye abatsinze ibitego byinshi mu mwaka wa Shampiyona 2022-23 bingana na 16, Umunya-Cameroun, Willy Leandre Essomba Onana wasinyiye Simba SC yo muri Tanzania amasezerano y’imyaka ibiri.

Ifasso yakiniye Ikipe y’Igihugu cye ‘Les Léopards’ umukino umwe wari uwa gicuti batsinzwemo na Burkina Faso ibitego 3-0 tariki 9 Ukwakira 2020 kuri Stade Ben M’Hamed El Abdi yo mu mujyi wa El Jadida muri Maroc.

Uretse Ifasso, Murera kandi iri mu biganiro na Haruna Majaliwa ukina hagati afasha ba myugariro wo muri Bumamuru yo mu gihugu cy’Uburundi ndetse n’Umugande Shafiq Kagimu ukina inyuma ya ba rutahizamu usoje amasezerano y’amezi atandatu muri Gor Mahia yo muri Kenya nyuma yo guhendwa na Bigirimana Abeddy na Nshimirimana Ismael ‘Pitchou’ bayiciye miliyoni 40 Frw buri umwe.

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka aho iri gushakisha abakinnyi bazayifasha mu marushanwa nyafurika nyuma yo kwegukana Igikombe cy’Amahoro 2022-23 ndetse izahangana na mukeba APR FC imbere mu gihugu mu mwaka utaha w’imikino.

Umunye-Congo., Jonathan Ifunga Ifasso ukina imbere afasha abataha izamu ari mu biganiro na Rayon Sports ngo asimbure Willy Leandre Essomba Onana wasinyiye Simba SC imyaka ibiri
Umunya-Cameroun, Leandre Willy Essomba Onana yaje ku mwanya wa mbere mu batsinze ibitego byinshi mu mwaka ushize wa Shampiyona 2022-23
Nyuma yo kubura Onana bahuzaga mu kibuga, Umunye-Congo, Nzinga Luvumbu yarangiye abayobozi ba Rayon Sports Jonathan Ifunga Ifasso nk'umusimbura we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages