Bitandukanye n’ibimenyerewe aho amakipe menshi ajya gukina umukino ukomeye akabanza kwemerera abakinnyi agahimbazamusyi kadasanzwe, kuri uyu mukino Rayon Sports nta kidasanzwe yabijeje.
Abakinnyi baganiriye na IGIHE bavuze ko batakibwirwa agahimbazamusyi bazahabwa nibatsinda umukino runaka, ahubwo bajya mu kibuga bagakina, nyuma bagashimirwa.
Umwe yagize ati “Nta kintu batwemereye kugeza ubu. Gusa ni nako byagenze muri Kenya [batsinda Gor Mahia 2-1]. Twagiye mu kibuga nta kintu batubwiye turitanga, nyuma baradushimira.”
Uyu mukinnyi yavuze ko kuri uwo mukino, buri umwe yahawe 100 Frw nk’agahimbazamusyi.
Ikindi abakinnyi bahurizaho ni uko kugeza ubu umwuka ari mwiza mu ikipe, bahembwe amafaranag yabo yose yaba imishahara n’uduhimbazamusyi twa kera, ku buryo nta kirarane bafitiwe.
Rayon sports iramutse itsinze Young Africans ikagera muri ¼, uretse kwandika amateka, yanahabwa ibihumbi 350$ (akabakaba miliyoni 299 Frw) kabone n’ubwo yahita isezererwa.
Iyi kipe ihagaze ku mwanya wa gatatu mu itsinda n’amanota atandatu inyuma ya USM Alger na Gor Mahia zifite umunani, naho Young Africans bigiye gukina ni iya nyuma n’amanota ane.
USM Alger igomba gukina na Gor Mahia, bivuze ko mu gihe imwe yatsinda yagira amanota 12 indi ikaguma ku munani, naho Rayon Sports yatsinda ikagira icyenda ikaba yahita ikomeza nta kindi kirebweho.
Mu gihe USM Alger na Gor Mahia zaramuka zinganyije kuri uyu mukino, zagira amanota icyenda, Rayon Sports yatsinda nayo ikagira icyenda.
Mu mategeko agenga iri rushanwa, iyo amakipe anganyije amanota harebwa iyaboye amanota menshi mu mikino yazihuje.
Bivuze ko zose zigize amanota icyenda, harebwa uko Rayon Sports yitwaye imbere ya USM Alger (yatsinzwe umukino umwe, inganya undi) n’uko yitwaye imbere ya Gor Mahia (yanganyije umwe, itsinda undi) bikaba biyongerera amahirweyo gukomeza.
Hagati ya Gor Mahia na USM Alger zo zari zanganyije umukino wa mbere 0-0, ziramutse zongeye kunganya byasaba ko harebwa ibitego zizigamye. Ni imibare itoroshye kuko kugeza ubu zombi zizigamye ibitego bine.
Icyo gihe hakurikiraho kureba ibitego buri kipe yatsindiye hanze, bikaba byaha Gor Mahia amahirwe mu gihe yaba yanganyije ariko atari ubusa ku busa, umukino wayo na USM Alger.
Umukino urasobanura ibi byose utegerejwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, saa cyenda n’igice.



















TANGA IGITEKEREZO