Bamwe muri aba bakinnyi bageze kure ibiganiro byo gusesa amasezerano, mu gihe abandi bazatizwa.
Aba bakinnyi ni bamwe mu batakibona umwanya wo gukina, mu gihe iyi kipe ikomeje kwiyubaka bikomeye, aho imaze kugura abakinnyi batandatu bashya.
Barimo umunyezamu Kwizera Olivier, Likau Faustin Kitoko, Yannick Bangala, Ben Aziz Dao, Ramazani Tshimanga Tshilembi na Bienvenu Joachim Vignino.
Amakuru avuga ko Gikundiro isigaje kongeramo abandi bakinnyi babiri.
Imyitozo yo kuri uyu wa Mbere kandi yitabiriwe n’abafana benshi ba Murera bari bagiye kwihera ijisho abakinnyi bashya ndetse bagaragaza ko babisimiye cyane kandi babafitiye icyizere.
Umwe mu baganiriye na IGIHE yagize ati “Abakinnyi bacu bateraga koruneri hakabura utsindisha umutwe. Ubu tugiye kwihorera kuri APR FC. Aba bakinnyi urabona ko ari abagabo ntabwo ari bamwe baza mu igeragezwa. Baje gukora itandukaniro,nimero gatatu wamubonye? Uriya na Mangwende ntiyafungura udushumi tw’inkweto ze.”
Undi yagize ati “Ubundi uyu ni we Murenzi (Perezida w’Inzibacyuho). Ubwo yari Meya wa Nyanza yabaye iya mbere, natwe tuzaba aba mbere ubu igikombe cyagiye mu bindi.”
Undi na we ati “Umva ubu b’abakinnyi bagufi byarangiye,igikombe ni icyacu. Super Coupe ni iyacu, APR FC ikureho, ubu nibwo dutangiye shampiyona.”
Ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026 Rayon Sports izakina na APR FC mu mukino wa Super Coupe uzabera kuri Stade Amahoro guhera saa 18:30.
Ikipe izagukana igikombe,izahembwa miliyoni 20 Frw, iya kabiri izahabwe miliyoni 10 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!