00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi kugeza mu 2027

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 July 2026 saa 11:42
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryasubije Rayon Sports mu makipe yashyiriweho ibihano byo kutandikishwa abakinnyi bashya kugeza mu mpeshyi ya 2027.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Nyakanga 2026, ni bwo FIFA yongeye ku rutonde iyi kipe, iba iya kabiri yo mu Rwanda nyuma ya Vision FC irusanzweho kuva mu 2025.

Nta gihe kinini cyari gishize iyi kipe ikomorewe nyuma yo gukemura ikibazo cya Souleymane Daffé, ariko igumana ibindi birego by’abayireze bari basanzwe ari abakozi bayo.

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, aherutse kwemeza ko iyi kipe ifitiye umwenda abahoze ari abakozi bayo. Abo barimo Daffé wishyuwe miliyoni 23 Frw, gusa ntiyatangaje uko yakemuye ikibazo cya miliyoni 20 Frw iyi kipe yari ibereyemo Afahmia Lotfi.

Lotfi uherutse guhabwa akazi ko gutoza Gicumbi FC, yahawe akazi muri Rayon Sports ariko ntiyayitoza kuko yirukanywe atamaze kabiri, ayigeza mu nkiko ayishinja kumwirukana binyuranyije n’amategeko.

Iyi kipe kandi ishobora kongera kwisanga mu manza mu gihe itaba igiranye ubwumvikane na Kitoko Faustin Likau wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko impande zombi zikiri kwitana bamwana ku ruhande ruzishyura itike izamugeza mu Rwanda.

Nyuma y’aya makuru y’ibihano, iyi kipe yatangaje ko "ikibazo cyavuzwe hagati ya Rayon Sports n’umukinnyi wayo Drissa Kouyaté kimaze iminsi cyarakemutse ku bwumvikane bw’impande zombi."

Yongeyeho iti "Ubuyobozi bwa Rayon Sports kandi bwamaze gushyikiriza FIFA inyandiko zemeza ubwumvikane bwagezweho hagati y’impande zombi. Turamenyesha abakunzi ba Rayon Sports ko Drissa Kouyaté akiri umukinnyi wa Rayon Sports, kandi akaba ari mu kazi nk’ibisanzwe, kuko nta kibazo na kimwe afitanye n’ikipe."

Rayon Sports yahawe ibihano, imaze kugura abakinnyi 15 bashya, kongeraho abatoza by’umwihariko Habimana Sosthène nk’Umutoza Mukuru Wungirije na Hugo Tricárico utoza abanyezamu.

Abakinnyi bamwe bageze mu mwiherero wa Gikundiro uri kubera mu Karere ka Gicumbi, dore ko iyi kipe iri kwitegura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, CAF Confederation Cup n’andi y’imbere mu gihugu.

Mbere yo gukina aya marushanwa, Gikundiro iritegura umukino mpuzamahanga wa gicuti uzayihuza na Gor Mahia yo muri Kenya, uteganyijwe kuri Rayon Day izaba tariki ya 18 Nyakanga 2026.

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi kugeza mu mpeshyi ya 2027

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages