Likau Faustin yaherukaga mu Rwanda mu byumweru bibiri bishize, aho yumvikanye n’iyi kipe ko azayisinyira amasezerano y’imyaka ibiri n’igice.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 24 Ukuboza 2025, ni bwo yageze i Kigali aho yakiriwe n’abo mu Ikipe ya Rayon Sports.
Bivugwa ko uyu mukinnyi uzwi ku izina rya Pizzaro, wakiniraga Flambeau du Centre FC yo Burundi, ahabwa na Gikundiro miliyoni 21 Frw nyuma yo kuyisinyira.
Muri Kanama 2024 ni bwo Likau Faustin yavuye muri AC Dynamique yo muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo, asinyira Flambeau du Centre amasezerano y’imyaka ibiri, ariko harimo ko ayo masezerano narangira azahita asubira muri AC Dynamique.
Rayon Sports yumvikanye na Kitoko Likau Faustin ibihumbi 15$ bingana na miliyoni 21 Frw, ariko uyu mukinnyi akiyumvikanira na Flambeau du Centre na AC Dynamique ku igabana ry’amafaranga yaguzwe.
Mu gihe yasinyira iyi kipe yambara ubururu n’umweru, ni umwe mu bo itekerezaho kuzifashisha muri uyu mwaka w’imikino 2025/26 uhereye ku mukino wa FERWAFA Super Cup izahuramo na APR FC tariki ya 10 Mutarama.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!