Ibi Rayon Sports ibikoze nyuma y’aho muri Nzeri 2016, mu irushanwa ryabanjirije shampiyona ryari ryateguwe na AS Kigali, iyi kipe yari yatunguye benshi igera kuri Stade Amahoro mu modoka zitwara abagenzi za KBS (Kigali Bus Services), hari ku mukino yanyagiwemo na APR FC ibitego 3-0.
Abantu banyuranye bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru bagaye ibyakozwe n’iyi kipe, bagaragaza ko bitari bikwiye ko igenda mu modoka zitwara abagenzi.
Gusa ku mukino wa shampiyona waraye uhuje izi kipe, Rayon Sports yakoze ibidasanzwe igera ku kibuga muri land cruiser esheshatu , byatumye abantu benshi bahurura bajya kuzireba.
Buri modoka imwe yagendagamo abakinnyi batatu.



















TANGA IGITEKEREZO