00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yasatiriye kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’Abagore

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 March 2026 saa 09:54
Yasuwe :

Igitego cyo mu minota ya nyuma cyafashije Rayon Sports gutsinda Police WFC 1-0, isatira kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagore ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Aya makipe yombi yagaragaje ihangana hagati yayo muri Shampiyona y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, yahuye kuri uyu wa Gatatu mu mukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 19 wabereye mu Nzove.

Rayon Sports yari imbere y’abafana bayo, yabonye uburyo bwashoboraga kuyihesha igitego hakiri kare, ariko abakinnyi bayo ntibabubyaze umusaruro ndetse burimo butatu bwasubijwe inyuma n’igiti cy’izamu.

Byasabye gutegereza umunota wa 90, Gikundiro ibona igitego cyakoze ikinyuranyo ku mupira wabanje gukurwamo n’umunyezamu wa Police WFC, Mutuyimana Elizabeth, ugarutse usanga Umwariwase Dudja wahise uwushyira hejuru mu izamu.

Iki gitego ni cyo cyatanze intsinzi yahaye Rayon Sports gusatira igikombe kuko yagize amanota 54 mu mikino 21 imaze gukina, irusha amanota atatu Police WFC ya kabiri. Gusa Gikundiro izigamye ibitego 61 mu gihe ikipe y’abashinzwe umutekano izigamye ibitego 44.

Ku mukino usoza Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore uzaba ku wa 5 Mata 2026, Rayon Sports WFC izakira Muhazi United mu Nzove mu gihe Police WFC izaba yakiriye Inyemera WFC i Shyorongi. Imikino yombi izatangirira rimwe, Saa 14:00.

Umukino wa Rayon Sports na Police WFC wari wimuwe kubera Igikombe cy'Umunsi Mpuzamahanga w'Abagore cyahuje amakipe yombi kikegukanwa na Police WFC
Rayon Sports WFC yabonye intsinzi yayihaye amahirwe arenga 99% yo kwegukana Shampiyona ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages