Amasezerano na Rayon Sports yasinyiwe ku cyicaro cy’iyi kipe kiri ku Kicukiro kuri uyu wa kane tariki 23 Gicurasi, aho ubuyobozi bwayo bwatangaje ko amakipe yabo y’abagore n’ay’abagabo azajya yambara uyu muterankunga ku maboko y’imyenda.
AC Group izajya ikorera Rayon Sports amakarita azahabwa abanyamuryango b’iyi kipe bakajya bayakoresha muri serivise zitandukanye harimo kugura itike y’ubunyamuryango (membership card), kugura itike y’umwaka wa shampiyona(season ticket) n’izindi serivisi zisanzwe zikorwa n’iki kigo.
Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, yavuze ko gusinyana na Tap&Go bigiye gufasha ikipe ya Rayon Sports mu kongera umubare w’abakunzi babo kuko ubusanzwe uko yari akoze byacaga bamwe intege.
Yagize ati “Umwaka ushize twakoze amakarita y’abafana ariko twagiye tugira imbogamizi zirimo ko ikoranabuhanga yari akoranye ritari rigezweho ndetse no kuba byari bigoranye kuyageza ku bayaguze”.
“Ubu hamwe na AC Group tuzakora amakarita afite ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru ndetse buri muntu azajya abona ikarita yaguze nyuma y’umunsi aho yaba ari hose”.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko mu byumweru bibiri aya makarita ari bube yageze ku isoko, aho umunyamuryango w’iyi kipe ashobora kuyigura aciye kuri serivise za Rayon zisanzwe akanda *702# kuri telefone.
Rayon Sports nubwo itatangaje umubare w’amafaranga izahabwa n’iki kigo, bavuze ko mu mwaka ushize igikorwa cyo kugurisha amakarita cyabahaye miliyoni 52 z’amafaranga y’u Rwanda.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko iyi kipe yahawe amafaranga y’umwaka wa mbere w’amasezerano ashobora kuba agera kuri miliyoni 150 Frw.
Amafoto: Kasiro Claude
Video: Alain &Nathan



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!