Diarra w’imyaka 24 yakiniraga ikipe ya Chabab Atlas Khenifra Club muri Maroc akaba yari arangije amasezerano muri iyi kipe.
Umunyamabanga wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier niwe wahaye ikaze uyu mukinnyi anamwizeza ko aje mu ikipe no mu muryango w’Aba-Rayon kandi bahora bahatanira intsinzi.
Gakwaya yatangaje ko uyu mukinnyi bamurangiwe n’umutoza Ivan Minneart wanatoje muri Mali mbere yo kuza i Nyanza.
Yagize ati “Yageze mu Rwanda ku cyumweru, yerekanwa mu ikipe kuwa Mbere. Yashyize umukono ku masezerano y’amezi atandatu, ni ukuvuga ko azarangirana n’uyu mwaka wa shampiyona. Twamurangiwe na Ivan Minneart, aratangirana imyitozo n’abandi kuwa Karibi.”
Gakwaya yanavuze ko uyu mukinnyi afite ibyangombwa byuzuye mu gihe umutoza yakwifuza kumukoresha akaba yazahita atangira gukinira Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 13 Gashyantare 2016 ubwo shampiyona izaba isubukuwe bakina na Gicumbi FC.
Uyu mukinnyi wakinnye mu Karere ka Afurika y’u Burasirazuba muri Tanzania mu ikipe ya Azam FC yazamukiye mu ikipe ya Olympique Club de Bamako yo muri Mali.
Shampiyona yahagaze Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 18 irushwa na AS Kigali amanota atatu.
Umukinnyi wari umaze kuyitsindira ibitego byinshi ni Davis Kasirye ufite bine, aho muri shampiyona arushwa bibiri na Isaie Songa wa Police FC umaze gutsinda bitandatu.



















TANGA IGITEKEREZO