Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi b’iyi kipe, abakunzi bayo, abakinnyi b’amakipe y’abagabo ndetse n’abagore n’abandi Banyarwanda.
Uyu muhango wabimburiwe n’urugendo rwahagurutse kuri New Life Kicukiro rugana ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, ahashyinguye imibiri y’Abatutsi bagera ku 105 000.
Ubwo bageraga aha, baganirijwe amateka yo ku wa 11 Mata 1994 ubwo Ingabo z’Ababiligi zataga impunzi z’Abatutsi muri ETO Kicukiro, bakicirwa i Nyanza ya Kicukiro aho abagera ku bihumbi bitatu bahiciwe mu ijoro rimwe.
Iri shuri ry’imyuga rya Kigali (ETO) ryari ishuri ry’abapadiri b’Abasalizayani. Kuva mu 1963 Abatutsi babahungiragaho bakabafasha.
Hari Abatutsi bari bari muri icyo kigo n’abandi bahageze kuva tariki ya 8 Mata 1994, kugeza tariki ya 11 Mata 1994, bose bajyanwe kwicirwa i Nyanza ya Kicukiro nyuma y’uko ingabo za Loni (MINUAR) zibasize mu menyo y’Interahamwe n’abasirikare bari biteguye guhita babica.
Perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele na we yunamiye inzirakarengane zishyinguye muri uru Rwibutso, aboneraho umwanya wo gushimira Ubuyobozi bwahagaritse Jenoside ndetse anagenera ubutumwa abakunzi b’iyi kipe aho bari hose.
Ati“Nashimira ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi n’uwari umugaba wazo Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kuba barahagaritse Jenoside isi yose irebera. Mu izina ry’umuryango wa Rayon Sports turabashimira cyane barakoze, barakoze”.
“Jenoside yakozwe na Leta mbi ikoresheje urubyiruko. Iyo tuje hano tuba tuje kuhakura amasomo ngo ibyabaye ntibizasubire, ahubwo ngo twebwe dukoreshe imbaraga inshuro zirindwi twubake igihugu abo bandi basenye”.
“Nkuko babitubwiye leta yakoresheje imbaraga nyinshi mu gutegura Jenoside no gushishikariza abaturage kuyikora, aho ubu ikigezweho ari uguhakana. Twebwe nka Rayon Sports n’abandi banyarwanda ntabwo tuzemera ko bahakana ukuri kwabaye. Ntabwo ibihumbi 105 biri aha ndetse na miliyoni irenga babihakana, ubikora na we ni umujenosideri”.
Uretse igikorwa cy’uyu munsi,ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko buzakomeza kwifatanya n’abanyarwanda muri iyi minsi 100 yo Kwibuka Abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ahateganyijwe ibikorwa byo gusura Abarokotse Jenoside batishoboye ndetse n’ibindi bitandukanye.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza rugizwe n’ibice bitatu aho igice cya mbere kiriho amazina y’Abatutsi bahashyinguye, igice cya kabiri kikabamo imva irimo imibiri y’Abatutsi ibihumbi 105 bishwe muri Jenoside, mu gihe igice cya gatatu kibarizwamo Ubusitani bubumbatiye ibihe bitandukanye Abatutsi banyuzemo muri Jenoside n’akamaro gakomeye ibidukikije by’umwihariko ibimera byagize mu kurokora Abatutsi.
Amafoto: Remy Moses Kwizera
Video: Mazimpaka Alain



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!