Uyu mukino w’Umunsi wa 10 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025.
Rayon Sports yatangiranye imbaraga umukino, bidatinze ku munota wa gatanu gusa Tony Kitoga afungura amazamu ku gitego yatsinze ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina.
Umukino wakomeje kwihuta no mu minota 20 ari nako Musanze FC yari yatangiye kwibona mu mukino, byatumaga uryohera ijisho kuko amakipe yombi yasatiraga.
Aziz Bassane yazamukanye umupira mwiza ku ruhande rw’iburyo awuhindura imbere y’izamu Habimana Yves atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 34.
Musanze FC yahise ikora impinduka, Nkurunziza Felecien na Lubila Katembo basimburwa na Niyitanga Emmanuel na Bizimungu Omar.
Ku munota wa 44, Murangamirwa Serge yahawe ikarita y’umutuku nyuma yo gukubita inkokora mu maso Aziz Bassane.
Igice cya Mbere cyarangiye Rayon Sports yatsinze Musanze FC ibitego 2-0.
Murera yatangiranye igice cya kabiri imbaraga nyinshi, aho ku munota wa 48 Bassane yahushije uburyo bukomeye asigaranye n’umunyezamu Nsabimana Jean de Dieu.
Mu minota 70, umukino watuje ugabanya umuvuduko wagenderagaho ari nako uburyo bw’ibitego bwabaga buke.
Umukino warangiye Rayon Sports yatsinze Musanze FC ibitego 2-0.
Indi mikino yabaye uyu munsi, Kiyovu Sports yanyagiye Etincelles FC ibitego 4-1, mu gihe Mukura yatsinze Bugesera igitego 1-0.
Shampiyona izakomeza ku wa Gatandatu, aho Gasogi United izakina na Marine FC, AS Muhanga na Amagaju FC, mu gihe APR FC izakira Police FC saa 18:30.
Police FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 22 ikurikiwe na APR FC na Gasogi United ziganya amanota 18, Rayon Sport ya kane ifite amanota 17, mu gihe Kiyovu na Musanze FC ziganya 16.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!