00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Robertinho mu muryango usubira muri Rayon Sports

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 July 2024 saa 08:46
Yasuwe :

Umunya-Brésil, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho ageze kure ibiganiro na Rayon Sports, ashobora kongera gutoza nyuma y’imyaka itanu ayivuyemo.

Amakuru IGIHE yamenye avuga ko ibiganiro biri kugana ku musozo hagati y’ubuyobozi bwa Rayon Sports n’abahagarariye Robertinho, bityo bigenze neza yakongera gutoza Gikundiro mu mwaka w’imikino wa 2024-25.

Uyu mugabo w’imyaka 64 niwe uheruka guhesha Murera Igikombe cya Shampiyona yatwaye mu 2019. Si ibyo gusa kuko ni nawe wayigejeje muri ¼ cya CAF Confederation Cup igasezererwa na Enyimba yo muri Nigeria.

Kuva yava mu Rwanda, Robertinho ntiyahwemye kugaragaza ko akunda Kigali ndetse by’umwihariko yakwishimira gusubira muri Gikundiro.

Nyuma ya Rayon Sports, Robertinho yatoje amakipe nka Vipers SC yo muri Uganda yahesheje Igikombe cya Shampiyona, Gor Mahia yo muri Kenya yamazemo amezi abiri gusa ndetse na Simba SC yo muri Tanzania ari nayo aherukamo.

Biteganyijwe ko uyu mugabo azizanira Umutoza Wungirije uziyongera kuri Lebista Ayabonga uzakomeza kuba umutoza wongera imbaraga ndetse na Mazimpaka André wagizwe umutoza w’abanyezamu ndetse Robertinho yanatoje.

Robertinho uheruka muri Rayon Sports mu 2019 ashobora kuyisubiramo
Robertinho ni umwe mu batoza bakundwa cyane n'abafana ba Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages