00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ronaldo, Messi, Mbappé na Viní bahuriye mu mashusho yo kwamamaza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 April 2026 saa 02:56
Yasuwe :

Mu gihe habura igihe kitageze ku mezi atatu ngo Igikombe cy’Isi cya 2026 gitangira, abakinnyi bane b’ibyamamare ari bo Cristiano Ronaldo, Lionel Messi, Kylian Mbappé na Vinícius Júnior bahurijwe hamwe mu mashusho yo kwamamaza ya LEGO.

Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bafatwa nk’abakinnyi bahanganye igihe kire, bari mu bazaba bahanzwe amaso mu Gikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique hagati ya Kamena na Nyakanga uyu mwaka.

Aba bakinnyi bombi bahurijwe hamwe na Kylian Mbappé ukinira u Bufaransa na Vinícius Júnior wa Brésil mu mashusho yo kwamamaza ya LEGO yakoze igikombe cyayo, yashyizwe ahagaragara ku wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026.

Aya mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambanga n’iki kigo gikora ibikinisho byifashishwa mu kubaka ibintu bitandukanye mu duce twa pulasitiki, agaragaramo Messi, Ronaldo, Mbappé na Vinícius buteranya Igikombe cy’Isi bifashishije utwo duce dukorwa na LEGO.

Cristiano Ronaldo agaragara ari gusoza iki Gikombe cy’Isi cya LEGO mbere y’uko Vinicius agikurura agasimbuza agace yari amaze gushyiraho.

Mbappé na we ashyira agace ka nyuma kuri iki gikombe mbere y’uko buri wese agishyira hejuru isura ye yakozwe na LEGO.

Ni uburyo bushya bwashyizweho na LEGO aho abafana batandukanye bashobora gukora Igikombe cy’Isi cyabo cyangwa bagakora aba bakinnyi uko ari bane mu buryo basanzwe bagaragaramo.

Hifashishijwe ibikoresho bya LEGO, umufana ashobora kubaka igishushanyo cya Cristiano Ronaldo yishimira igitego mu buryo bwe buzwi nka "Siuuu!" cyangwa atera umupira yigaramye mu gihe kuri Lionel Messi ashobora kubaka igishushanyo cye atunze intoki hejuru cyangwa asa n’ucenga abandi bakinnyi.

Ronaldo, Messi, Mbappé na Viní bahuriye mu mashusho yo kwamamaza ya kompanyi ya LEGO
LEGO yashyizeho uburyo abafana bashobora kubaka igikombe cy'isi cyabo
Umufana ashobora kubaka igishushanyo cya Messi, Ronaldo cyangwa undi muri aba bakinnyi yifashishije uduce twa pulasitiki dukorwa na LEGO

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages