Jota wakiniraga Liverpool, yapfuye muri Nyakanga umwaka ushize afite imyaka 28, azize impanuka y’imodoka. Yari inshuti magara ya Neves bakinanye muri Wolverhampton Wanderers no mu Ikipe y’Igihugu ya Portugal.
Mbere y’uko Al-Hilal ya Neves itsinda Al-Taawoun ibitego 6-0 mu mukino wa Shampiyona ya Arabie Saoudite wabaye ku wa Gatandatu, bamwe mu bafana bumvikanye bamuhamagara mu izina rya “Jota”.
🚨 𝐖𝐀𝐓𝐂𝐇: Ruben Neves' reaction as Al-Taawoun fans repeat the name of his late close friend: "Jota, Jota, Jota..." 🙏 pic.twitter.com/2iPdA36H3i
— RazedFootball (@RazedFootball) September 12, 2026
Ronaldo ukinira Al-Nassr muri iyo Shampiyona, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati “Shampiyona igomba kugira icyo ikora, igahana imyitwarire nk’iyi y’abafana.”
Yakomeje ati “Ibi ntibikiri umupira w’amaguru; hagomba kubaho umupaka. Abitwara gutya ntibakagombye kongera kwemererwa kwinjira kuri stade.”
Amashusho agaragaza Neves akomera amashyi abo bafana mu buryo bwo kubereka ko atishimiye ibyo bakoraga, mbere yo gutunga urutoki mu kirere akongera akabareba. Nyuma y’umukino yabwiye abanyamakuru ati “Nizeye gusa ko batajya gusenga nyuma y’ibyo bakoze.”
Neves uri mu bateruye imva yarimo umubiri wa Jota, ubu yambara nimero 21 mu Ikipe y’Igihugu ya Portugal mu rwego rwo kumwibuka. Afite kandi igishushanyo ku kaguru kigaragaza bombi bahoberanye. Ni mu gihe Ronaldo yakinanye na bo bombi muri Portugal.
Jota yapfanye na murumuna we André Silva mu mpanuka yabereye mu Ntara ya Zamora muri Espagne.
Nyuma yo kuva muri Wolves, yerekeje muri Liverpool mu 2020, ayitsindira ibitego 65 mu mikino 182. Mu Ikipe y’Igihugu ya Portugal, yatangiye kuyikinira mu 2019, ayitsindira ibitego 14 mu mikino 49.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!